Si buri wese ubihabwa! Ubushishozi u Rwanda rukoresha mu guhitamo abita amazina abana b’ingagi

Imyidagaduro - 11/08/2026 2:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Si buri wese ubihabwa! Ubushishozi u Rwanda rukoresha mu guhitamo abita amazina abana b’ingagi

Kwita Izina abana b’ingagi si umuhango wo guha umuntu icyubahiro gusa. Inyuma y’izina rihabwa umwana w’ingagi haba hari umuntu cyangwa itsinda u Rwanda ruba rwizeho, rukabona ko rushobora kugira uruhare mu kurumenyekanisha ku rwego mpuzamahanga, guteza imbere ubukerarugendo no gukomeza ubutumwa bwo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.


Mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo u Rwanda rwongere rwakira abashyitsi mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi, hamenyekanye ko guhitamo abaza kwita amazina izo ngagi bikorwa mu buryo bwitondewe, aho kureba izina ry’umuntu gusa ahubwo hanasuzumwa icyo ashobora gukomeza gukorera u Rwanda n’ibikorwa byo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Urusobe rw’Ibinyabuzima (Rwanda Nature Foundation), Eugène Mutangana, yavuze ko atari buri wese uhabwa amahirwe yo kwita izina umwana w’ingagi, kuko abatoranywa baba bagomba kuba bafite icyo bashobora kongerera u Rwanda.

Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, cyagarutse ku myiteguro y’umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi uteganyijwe ku wa 4 Nzeri 2026, mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Uyu muhango uzaba ku nshuro ya 21, aho abana b’ingagi 22 ari bo bazahabwa amazina.

Kuva Kwita Izina byatangira mu 2005, abana b’ingagi 438 bamaze guhabwa amazina, bituma uyu muhango uba kimwe mu birori bikomeye u Rwanda rwifashisha mu kwerekana ibikorwa byarwo byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no guteza imbere ubukerarugendo.

Kuki atari buri wese ushobora kwita ingagi izina?

Iyo umuntu abonye ibirori bya Kwita Izina, ashobora kwibaza impamvu abahawe aya mahirwe baba ari abantu bazwi cyane mu nzego zitandukanye, barimo abakinnyi, abahanzi, abashoramari, abagiraneza, abayobozi n’abandi bafite ibikorwa byihariye.

Ariko ku ruhande rw’ababitegura, guhitamo aba bantu ntibikorwa mu buryo bw’impanuka.

Mutangana avuga ko mbere yo guha umuntu umwanya wo kwita izina umwana w’ingagi, harebwa uruhare ashobora kugira mu gutuma u Rwanda rumenyekana, cyane cyane ku rwego mpuzamahanga.

Ati: “Ntabwo ari buri wese ubihabwa. Ni uwo tuba twarabonye ko u Rwanda rushobora kugira inyungu mu buryo bwo kutugeza ku rwego mpuzamahanga, cyangwa se guha u Rwanda iyindi sura kugirango abatugana bakomeze kwiyongera, kandi ibi ngibi bigaragarira mu mibare."

Ibi bisobanuye ko izina ry’umuntu uba yatoranyijwe ritaba ari ryo shingiro ryonyine. Harebwa n’aho uwo muntu ahagaze, ibikorwa bye, ibyo amaze kugeraho ndetse n’uburyo ashobora gukoresha umwanya ahawe mu kwamamaza ubutumwa bw’u Rwanda.

Ni yo mpamvu usanga abitabira Kwita Izina baturuka mu byiciro bitandukanye cyane.

Kuva muri siporo kugera mu bikorwa by’ubugiraneza

Mutangana avuga ko abatoranywa bashobora kuba abantu bafite uruhare mu nzego zitandukanye, ariko bagahurira ku kintu kimwe: kugira icyo bashobora kuvuga cyangwa gukora kigafasha ubutumwa bwo kumenyekanisha u Rwanda n’ikorwa ryo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Ati: “Aba bantu baba baratoranyijwe mu bice bitandukanye yaba muri Sports, mu

kurengera urusobe rw'ibinyabuzima, ibikorwa by'ubugiraneza, abo bose n'abantu bafite icyo bavuze umunsi bamaze kwita (izina abana b'ingagi) mu kuzamura kumenyekana y'ibyo dukora cyangwa se tugamije gukora ndetse n'ubukerarugendo muri rusange."

Ni ukuvuga ko umuntu ashobora kuba azwi cyane muri siporo, mu muziki, mu bucuruzi cyangwa mu bikorwa by’ubugiraneza, ariko icy’ingenzi kikaba atari kwamamara kwe gusa.

Ikibandwaho ni uko izina rye n’uruhare rwe bishobora gufasha ubutumwa bw’u Rwanda kugera kure kurushaho.

Kandi ibi ni byo bituma Kwita Izina bitagarukira ku muhango uba umunsi umwe, ahubwo bikaba igikorwa kigamije kugira ingaruka zirambye ku buryo u Rwanda rubonwa.

Kwita Izina mu gihe ubukerarugendo bw’u Rwanda bukura

Uyu muhango w’uyu mwaka ugiye kuba mu gihe imibare y’ubukerarugendo igaragaza ko u Rwanda rukomeje kubona umusaruro ukomeye mu kwakira ba mukerarugendo.

Mu 2025, ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 685 z’amadolari, avuye kuri miliyoni 647 z’amadolari mu 2024.

Muri uwo mwaka, u Rwanda rwakiriye ba mukerarugendo miliyoni 1,49, umubare wiyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Iyi mibare ni ingenzi mu gusobanukirwa impamvu ibikorwa nka Kwita Izina bihabwa umwanya ukomeye.

Kuko mu gihe umushyitsi aje mu Rwanda, ntabwo aba aje kureba ingagi gusa. Uru rugendo rushobora kumugeza mu bindi bikorwa by’ubukerarugendo, mu migi, mu byerekeye umuco, mu bikorwa by’imyidagaduro no mu bindi byongera amafaranga asigara mu gihugu.

Pariki z’u Rwanda zikomeje kuba inkingi y’ubukerarugendo

Mu 2025, Pariki z’Igihugu z’u Rwanda zakiriye abashyitsi 155.394, zinjiza miliyoni 40,8 z’amadolari.

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ni yo yakomeje kuza ku isonga mu kwinjiza amafaranga menshi. Yinjije miliyoni 35,8 z’amadolari, angana na hafi 88% by’amafaranga yose yinjiye avuye muri za Pariki z’Igihugu.

Ibi bishimangira umwanya w’ingagi mu bukerarugendo bw’u Rwanda. Ariko kandi, u Rwanda ntirushingira ku ngagi gusa.

Pariki y’Igihugu ya Nyungwe ni yo yagize ubwiyongere bwihuse kurusha izindi mu mubare w’abayisura. Ibi byagiye bisobanurwa n’ibikorwa bishya by’ubukerarugendo byashyizwe muri iyi pariki, birimo Zipline no kugendera ku migozi.

Naho Pariki y’Igihugu y’Akagera ikomeje kwagura amahitamo iha ba mukerarugendo, cyane cyane mu bijyanye no gusura inyamaswa zitandukanye.

Bivuze ko buri pariki ifite umwihariko wayo, ariko byose bigahurira ku ntego yo gutuma u Rwanda ruba ahantu ba mukerarugendo bifuza kugera.

Ingagi imwe, izina rimwe, ubutumwa bugera kure

Mu buryo bworoshye, umuntu ashobora kubona Kwita Izina nk’umuhango wo guha ingagi izina. Ariko inyuma y’uwo muhango hari ubutumwa bwagutse.

Umuntu ukomeye ku rwego mpuzamahanga ahaye izina ry’ingagi, ashobora gutuma abantu benshi bo mu gihugu cye cyangwa mu bafana be bamenya u Rwanda.

Umukinnyi ukomeye ashobora gukoresha izina rye mu gutuma ubutumwa bwo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima bugera ku bantu benshi.

Umushoramari cyangwa umuyobozi w’ikigo gikomeye ashobora kubona amahirwe yo gukorana n’u Rwanda.

Umugiraneza ashobora gukomeza gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije no gufasha abaturage.

Ni muri urwo rwego izina rihabwa ingagi rishobora kuba intangiriro y’ubutumwa bunini kurusha uwo muhango ubwawo.

Kandi uko ubutumwa bugera kure, ni ko amahirwe yo gukomeza gukurura ba mukerarugendo, abafatanyabikorwa n’abashoramari yiyongera.

Ni yo mpamvu guhitamo abaza kwita amazina bikorwa ubushishozi

Iyo u Rwanda rutangaje abantu bazitabira Kwita Izina, usanga hari amazina ashobora kuba azwi cyane ku isi, ariko inyuma yaryo haba hari impamvu yatumye atoranywa.

Hari ababa bafite uruhare mu guteza imbere siporo, abamaze kumenyekana mu bikorwa byo kurengera ibidukikije, abagiraneza, abashoramari ndetse n’abandi bafite ibikorwa bifite aho bihuriye n’ubutumwa u Rwanda rushaka kugeza ku Isi.

Ibi bituma Kwita Izina bitaba gusa ibirori by’abantu bazwi, ahubwo bikaba urubuga ruhuza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ubukerarugendo, ubukungu, umuco, siporo n’ubucuruzi

Kandi uko u Rwanda rukomeza kwagura ubukerarugendo no gushaka amasoko mashya, ni ko n’agaciro ku muntu uhabwa amahirwe yo kwita izina umwana w’ingagi gakomeza kurushaho kugaragara.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Urusobe rw’Ibinyabuzima (Rwanda Nature Foundation), Eugène Mutangana, yavuze ko atari buri wese uhabwa amahirwe yo kwita izina umwana w’ingagi

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE KIGARUKA KURI IYI NGINGO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...