Inkuru
y’urupfu rwe yatangajwe bwa mbere na Alpha Rwirangira abinyujije ku rukuta rwe
rwa Instagram, aho yanditse ati: “Kugeza igihe tuzongera kubonanira mu bundi
buzima Babu.”
Na
ho AY, uzwi cyane mu muziki wa Hip Hop muri Tanzania, yashyize ubutumwa bw’ihumure
ku muryango we agira ati "Ruhukira mu mahoro Babu wanjye nkunda. Imana isumba
byose yaguhaye imyaka 103 yo kubaho… Ni umugisha ukomeye kuri wowe no kuri twe.
Nzagukumbura kugeza igihe nanjye nzagusanga."
Uwitabye
Imana yari umubyeyi wa se wa Alpha Rwirangira, ariko kandi ari na sekuru ku
ruhande rwa nyina wa AY, bituma aba bahanzi bombi basangiye umubabaro k’umuryango
umwe.
Urupfu
rw’uyu musaza waranzwe n’ubuzima burebure n’umugisha w’imyaka irenga ijana,
rwasize umuryango wose n’inshuti bamukundaga mu gahinda, mu gihe abakunzi b’aba
bahanzi bo bakomeje kubatera inkunga binyuze mu magambo y’ihumure
n’amasengesho.
Alpha
Rwirangira na AY mu gahinda ko kubura sekuru wabo witabye ku myaka 103