RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi wa WASAC ukurikiranyweho ibirimo ruswa n’ishimishamubiri

Inkuru zishyushye - 08/08/2025 5:28 AM
Share:

Umwanditsi:

RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi wa WASAC ukurikiranyweho ibirimo ruswa n’ishimishamubiri

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Prof. Omar Munyaneza, n’abandi bayobozi babiri bakorera muri icyo kigo aho bakurikiranyweho ibyaha bya ruswa, itonesha no gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

RIB yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X. Yavuze ko yafunze uwahoze ari Umuyobozi Mukuru wa WASAC Prof. Omar Munyaneza, n’abandi bayobozi babiri bakorera muri icyo kigo. Yavuze ko bakurikiranyweho gukora ibyaha bya ruswa, itonesha, gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

RIB yavuze ko ubu bafungiye kuri Sitasiyo za RIB Kimihurura na Kicukiro mu gihe hatunganywa dosiye yabo kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwishimiye abagize uruhare mu gutuma ibi bikorwa bitahurwa. 

RIB yakomeje kuburira abantu kudakoresha umwanya w'akazi mu nyungu zabo bwite kuko bihanwa n'amategeko kandi ko izakomeza kubirwanya ku bw'ineza ya rubanda.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...