RIB yatangaje ko abantu 296 bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu minsi 100 yo #Kwibuka31

Amakuru ku Rwanda - 15/07/2025 10:00 AM
Share:

Umwanditsi:

RIB yatangaje ko abantu 296 bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu minsi 100 yo #Kwibuka31

Urwego rw’Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko mu gihe cy’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, habonetse abantu 296 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ivangura rikurura amacakubiri.

Ibi byaha byagaragaye hagati ya tariki ya 7 Mata n’iya 3 Nyakanga 2025. Raporo ya RIB igaragaza ko ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside byiyongereyeho 8.4% ugereranyije n’umwaka ushize, aho byavuye kuri 191 bigera kuri 207. Ni umubare uri hejuru kurusha indi myaka ine iheruka, aho mu 2021 habonetse 184, mu 2022 haboneka 179, naho mu 2023 hakagaragara 187.

Mu gutanga ishusho rusange, Intara y’Iburasirazuba niyo yagaragayemo byinshi (60), ikurikirwa n’Iburengerazuba (63), Amajyepfo (43), Umujyi wa Kigali (27), ndetse n’Amajyaruguru (14). Mu turere twagaragayemo imibare iri hejuru harimo Karongi (19), Kicukiro (15), Rubavu (13), Bugesera (12), Huye, Kayonza, Nyamasheke na Rusizi buri kamwe gafite ibyaha 11, Kirehe (10) na Nyamagabe (10).

RIB isobanura ko izamuka ry’ibi byaha rifitanye isano n’imvugo zibiba urwango zikomeje kumvikana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zishingiye ku mvururu zirimo kwibasira Abatutsi batuye muri icyo gihugu. Haravugwa kandi uburyo imbuga nkoranyambaga nka TikTok na YouTube zikoreshwa mu gusakaza ubutumwa burimo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, amagambo y’urwango ndetse n’amashusho n’amajwi bigamije kuyisubiramo.

Ibikorwa by’ingengabitekerezo byakunze gukorerwa abarokotse Jenoside bikubiyemo amagambo abababaza cyangwa asebanya, byagaragaye ku kigero kirenga 76% cy’ibyaha byose byabonetse. Hari n’ibikorwa bifatika nk’ibyo kwangiza imyaka yabo, kubaterera amabuye, kubakubita, cyangwa kohereza ubutumwa bwanditse cyangwa bw’amajwi bubatera ubwoba. Ibi byose byerekana ko ingengabitekerezo igenda ifata isura nshya y’ibikorwa biganisha ku ihohotera rishingiye ku magambo.

RIB ivuga ko mu bantu 296 bakekwaho ibi byaha, 73% ari abagabo, ndetse 81.7% muri bo batigeze bagira uruhare muri Jenoside. Abandi 28 bayigizemo uruhare, naho 17 bafite abanyamuryango cyangwa abo bafitanye isano bagize uruhare muri Jenoside, ibyo bikaba bishobora kuba imvano y’inzika bacyitwaza kugeza ubu.

Nubwo imibare yiyongereye, RIB ishimangira ko ubukana bw’ibi byaha bugenda bugabanuka. Ibi byemezwa n’uko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nko gukubita cyangwa kwica bigenda bigaragara gake, hagasigara amagambo akomeretsa cyangwa asebanya, ibyo nabyo bikaba bifatwa nk’ibyaha bikomeye by’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Urubyiruko rurasabwa kuba ku isonga mu guhangana n’ibi byaha, rutagwa mu mutego w’abakwirakwiza urwango bifashishije imbuga nkoranyambaga. RIB irakangurira ababyeyi kureka kwigisha abana amagambo y’urwango no kubacengezamo ingengabitekerezo ya Jenoside, ahubwo bagaharanira kubasigira umurage mwiza. Abafite imbuga nkoranyambaga za YouTube n’izindi mbuga zisakaza ibiganiro basabwe kuzirikana inshingano bafite mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda aho kuzinjiza mu icuruzwa ry’urwango n’amacakubiri.

RIB yasoje isaba Abanyarwanda bose guharanira guca burundu ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, binyuze mu kwirinda kuyihuza n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, ahubwo bagaharanira ubumwe n’ubwiyunge bishingiye ku kuri n’amateka y’Igihugu.

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwagaragaje umubare w'abagaragaweho ibyaha bifitanye isano n'ingengabitekerezo ya Jenoside mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 31 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...