Uyu mukinnyi yasinye amasezerano y'imyaka ibiri
azamugeza mu mwaka wa 2028, nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona ishize ya
2025/26.
Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za
Rayon Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, iyi kipe yatangaje ko yishimiye
kwakira uyu rutahizamu ukiri muto kandi ufite impano.
Rayon Sports yagize iti: "Twishimiye gutangaza
isinyishwa rya rutahizamu ukiri muto ndetse ufite impano, Nizeyimana Mubaraka.
Ubu ni ubururu n'umweru kugeza mu 2028. Urakaza neza mu Muryango w'Ubururu
n'Umweru, Mubaraka."
Nizeyimana Mubaraka asoje umwaka w'imikino wa
2025/26 afite imibare ishimishije kuko yakiniye Marine FC imikino 34 muri
rusange atsindamo ibitego 6. Muri shampiyona gusa yatsinze ibitego bitanu
anatanga umupira umwe wavuyemo igitego mu mikino 15.
Uyu rutahizamu abaye umukinnyi wa gatandatu Rayon
Sports imaze kugura muri iri soko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi. Yiyongereye
kuri Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona,
Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio bamaze kugurwa muri iyi mpeshyi.
Ku mwanya w'ubusatirizi, Nizeyimana azahatanira umwanya n'abakinnyi barimo Ndikumana Asman na Habimana Yves.

