Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Nizeyimana Mubaraka wakiniraga Marine FC-VIDEO

Imikino - 17/06/2026 6:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Nizeyimana Mubaraka wakiniraga Marine FC-VIDEO

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w'Umunyarwanda, Nizeyimana Mubaraka, wari umaze gusoza amasezerano ye na Marine FC.

Uyu mukinnyi yasinye amasezerano y'imyaka ibiri azamugeza mu mwaka wa 2028, nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona ishize ya 2025/26.

Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, iyi kipe yatangaje ko yishimiye kwakira uyu rutahizamu ukiri muto kandi ufite impano.

Rayon Sports yagize iti: "Twishimiye gutangaza isinyishwa rya rutahizamu ukiri muto ndetse ufite impano, Nizeyimana Mubaraka. Ubu ni ubururu n'umweru kugeza mu 2028. Urakaza neza mu Muryango w'Ubururu n'Umweru, Mubaraka."

Nizeyimana Mubaraka asoje umwaka w'imikino wa 2025/26 afite imibare ishimishije kuko yakiniye Marine FC imikino 34 muri rusange atsindamo ibitego 6. Muri shampiyona gusa yatsinze ibitego bitanu anatanga umupira umwe wavuyemo igitego mu mikino 15.

Uyu rutahizamu abaye umukinnyi wa gatandatu Rayon Sports imaze kugura muri iri soko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi. Yiyongereye kuri Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio bamaze kugurwa muri iyi mpeshyi.

Ku mwanya w'ubusatirizi, Nizeyimana azahatanira umwanya n'abakinnyi barimo Ndikumana Asman na Habimana Yves.

Nizeyimana Moubarak yahawe ikaze muri Rayon Sports 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...