Promise David yerekeje muri Brighton aba Umunya-Canada wa kabiri waguzwe menshi

Imikino - 19/08/2026 11:34 AM
Share:

Umwanditsi:

Promise David yerekeje muri Brighton aba Umunya-Canada wa kabiri waguzwe menshi

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Canada, Promise David, agiye gukina muri Premier League nyuma yo kwerekeza muri Brighton & Hove Albion, aho azakinira iyi kipe ku ntizanyo y’umwaka w’imikino wa 2026/27.

Brighton yatangaje ko yasinyishije uyu mukinnyi w’imyaka 25 avuye muri Union Saint-Gilloise yo mu Bubiligi.

Amasezerano y’iyi ntizanyo arimo ingingo iteganya ko Brighton izamugura burundu ku miliyoni 26 z’ama-Euro mu gihe azaba yujuje ibisabwa bijyanye n’imyitwarire n’imibare ye mu kibuga, nk’uko byatangajwe ku rubuga rw’iyi kipe.

Niba iyi ngingo izashyirwa mu bikorwa, Promise David azahita aba umukinnyi wa kabiri ukomoka muri Canada waguzwe amafaranga menshi mu mateka, nyuma Jonathan David.

Umuyobozi wa Brighton ushinzwe siporo, Mike Cave, yavuze ko iyi kipe yari imaze igihe ikurikiranira hafi uyu rutahizamu. Ati: “Promise ni umukinnyi tumaze igihe dukurikiranira hafi. Ni rutahizamu w’ukuri ufite imbaraga zidasanzwe kandi ufite amateka meza yo gutsinda ibitego.”

Yakomeje avuga ko ubunararibonye David afite mu Ikipe y’Igihugu no mu marushanwa y’u Burayi bushobora kuzagira akamaro kuri Brighton. Ati: “Afite imyaka 25, ari kugera mu myaka ye myiza yo gukina, kandi twishimiye kuzamufasha gukomeza gutera imbere muri Brighton.”


David amaze gutsinda ibitego 41 muri Union Saint-Gilloise

Promise David yageze muri Brighton nyuma yo kugira ibihe byiza muri Union Saint-Gilloise, aho yatsinze ibitego 41 mu mikino 82 yakinnye mu marushanwa yose. Uyu rutahizamu wavukiye i Brampton, muri Ontario, amaze no gukinira Canada imikino 14, atsindamo ibitego 4.

Mu Gikombe cy’Isi cya 2026, David yari umwe mu bakinnyi Canada yiringiye cyane. Yatsinze igitego kimwe mu mikino ine yakinnye, anagira uruhare mu gufasha Canada kugera muri 1/8 cy’irangiza no gutsinda umukino wa mbere wa knockout mu mateka yayo mu Gikombe cy’Isi.


Brighton na Union Saint-Gilloise basangiye ba nyir'ikipe

Kuba David yarerekeje muri Brighton ntabwo bitangaje cyane kuko Brighton na Union Saint-Gilloise bifitanye isano binyuze ku itsinda rimwe ry’abashoramari bafite izi kipe.

David si we mukinnyi wa mbere wanyuze muri iyi nzira ava muri Union Saint-Gilloise akerekeza muri Brighton.

Mu 2022, rutahizamu Deniz Undav na we yavuye muri Union Saint-Gilloise ajya muri Brighton, nyuma yo kwigaragaza cyane mu Bubiligi. Brighton yaje kumugurisha muri Stuttgart ku miliyoni 26.7 z’ama-Euro.

Ibi bishobora gutuma Brighton ibona muri Promise David umukinnyi ushobora kuyifasha mu kibuga ndetse akaba n’umushinga w’igihe kirekire ushobora kuzayihesha amafaranga menshi mu gihe yazagurishwa.

David, wigeze no gukina muri Kalju yo muri Estonia, ubu agiye kubona amahirwe yo kwigaragaza ku rwego rwo hejuru muri Premier League, imwe muri shampiyona zikomeye kandi zikurikiranwa cyane ku Isi.

Mu mibare y’umwuga we kugeza ubu, Promise David amaze gukina imikino 165, atsinda ibitego 97 ndetse atanga imipira yavuyemo ibitego 17 mu marushanwa yose.

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...