Peter Okoye yihanangirije abafana bamugereranya n’impanga ye yitandukanyije nayo

Imyidagaduro - 12/06/2026 8:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Peter Okoye yihanangirije abafana bamugereranya n’impanga ye yitandukanyije nayo

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Peter Okoye uzwi nka Mr P, yasabye abafana be guhagarika kumugereranya n’impanga ye Paul Okoye uzwi nka Rudeboy, ndetse n’abandi bahanzi muri rusange.

Uyu muhanzi wahoze ari umwe mu bagize itsinda rya P-Square ryigeze kuba ku isonga muri Afurika, yavuze ko yifuza gukomeza urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga (solo artist) adahora ahuzwa n’umuvandimwe we cyangwa amateka y’itsinda bahozemo.

Mu butumwa aherutse gutanga, Mr P yavuze ko buri muntu afite umwihariko we, bityo ko adakwiye gukomeza kugereranywa n’undi muntu uwo ari we wese.

Yagize ati: “Mureke kungereranya n’umuvandimwe wanjye cyangwa undi muntu uwo ari we wese. Birahagije. Ndashaka gukora ibintu byanjye nk’uko mbyumva. Nta wundi umeze nkanjye. Ndashaka gukora umuziki wanjye no kwishimira ibyo nkoreye amafaranga yanjye.”

Aya magambo agaragaza ko Peter Okoye ashaka ko abantu bamurebera ku bikorwa bye bwite aho guhora bamusuzumira ku rugero rw’umuvandimwe we cyangwa ibihe byiza bya P-Square byaranze imyaka myinshi.

Peter Okoye yavuze ko igihe yongeye gukorana na murumuna we mu gihe P-Square yari yongeye kwiyunga, byagize ingaruka ku rugendo yari amaze kugeraho nk’umuhanzi ku giti cye.

Mu kiganiro yagiranye na Cool FM Lagos, yavuze ko mbere y’uko we na Rudeboy bongera guhura, ibikorwa bye ku mbuga nkoranyambaga byari biri kuzamuka ku muvuduko udasanzwe.

Yagize ati: “Mbere y’uko twiyunga, nagiraga abantu bashya bagera ku bihumbi 100 buri munsi kuri Instagram. Nyuma ya Davido, njye na Don Jazzy twari bamwe mu byamamare bya Afurika byakurikirwaga cyane ku mbuga nkoranyambaga. Ariko nyuma yo kongera guhura, ibintu byose byaratangiye kugabanuka.

Nubwo atigeze asobanura neza impamvu yabiteye, amagambo ye yumvikanisha ko yumva kongera kwinjira mu bikorwa bya P-Square byatumye umwihariko yari amaze kubaka nk’umuhanzi wigenga ugabanuka, abafana bongera kumurebera mu isura y’itsinda aho kumureba nk’umuhanzi ku giti cye.

Mr P yavuze kandi ko imyaka myinshi amaze mu muziki ikwiye gutuma ahabwa icyubahiro kirenze icyo abona ubu.

Yagaragaje ko amaze hafi imyaka 30 mu ruganda rw’umuziki, ariko ko kugeza n’ubu akomeje kuganirwaho no gukurikirwa, ibintu afata nk’ikimenyetso cy’ubushobozi bwe n’umusanzu yatanze mu iterambere ry’umuziki wa Afurika.

Yagize ati: “Maze hafi imyaka 30 muri uyu mwuga, kandi kugeza n’uyu munsi abantu baracyamvugaho. Numva nkwiriye guhabwa icyubahiro kirenze icyo mbona.”

Aya magambo ya Peter Okoye aje mu gihe abafana ba P-Square bakomeje kugabanyikamo ibice, bamwe bashyigikira Mr P, abandi bagashyigikira Rudeboy, mu gihe hari n’abakomeje kwifuza ko aba bavandimwe bazongera gusubirana burundu bakongera gukora umuziki nk’itsinda ryigeze gutigisa Afurika n’isi muri rusange.

Peter Obumneme Okoye wamamaye nka Mr P mu itsinda rya P Square, yatangaje ko nta mufana ukwiriye kumugereranya n’impanga ye Rudeboy


Mr P aherutse guhindura itariki y’amavuko mu rwego rwo kwitandukanya n’impanga ye Rudeboy


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...