Perezida wa Sénégal Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe anasesa Guverinoma

Inkuru zishyushye - 23/05/2026 7:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida wa Sénégal Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe anasesa Guverinoma

Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye yasezereye ku mirimo Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse anasesa Guverinoma yose, ibintu byafashwe nk’inkuru yatunguye benshi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba kimaze igihe gihanganye n’ibibazo by’ubukungu n’umwenda munini.

Gutangaza icyemezo cyo kwirukana Sonko no gusesa Guverinoma byabereye kuri Televiziyo ya Leta ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026, aho umujyanama wa Perezida, Oumar Samba Ba, yasomeye Abanya-Sénégal iteka rya Perezida rigaragaza ko “Bassirou Diomaye Faye yahagaritse inshingano za Ousmane Sonko ndetse n’iz’abaminisitiri n’abanyamabanga ba Leta bagize Guverinoma.”

France 24 yanditse ko kugeza ubu nta zina ry’umuntu uzamusimbura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ryari ryatangazwa.

Nyuma yo kwirukanwa, Sonko yahise yandika ku rubuga rwa Facebook amagambo agaragaza ko atunguwe ariko anafata ibintu mu buryo bworoheje, aho yagize ati: “Alhamdulillah (Imana ishimwe). Iri joro ndaryama ntuje mu gace ka Keur Gorgui.”

Nyuma gato ya saa sita z’ijoro, Sonko yageze iwe mu murwa mukuru Dakar asanganirwa n’imbaga y’abamushyigikiye bari bamutegereje bamwishimiye ndetse bamwereka ko bagikomeye ku ruhande rwe.

Iyi nkuru yakomeje kuvugisha benshi kubera uburyo Sonko yari umuntu ukomeye cyane muri politiki ya Sénégal ndetse akaba ari na we wagize uruhare runini mu gutuma Diomaye Faye aba Perezida.

Abasesenguzi bavuga ko Sonko ashobora kuba ari we uba Perezida wa Sénégal iyo aza kwemererwa kwiyamamaza mu matora ya 2024, gusa icyo gihe yari yabuze amahirwe yo kwiyamamaza kubera igihano yari yarakatiwe mu rubanza kubera gusebanya.

Mu mezi ashize, umubano hagati ya Perezida Faye na Sonko wari umaze kuzamo agatotsi, nubwo bombi bari bahuriye mu ishyaka rya Pastef ryegukanye intsinzi ikomeye mu matora ya 2024 ryijeje abaturage impinduka zikomeye muri politiki no kurwanya ruswa.

Nubwo Sonko yari akunzwe cyane n’urubyiruko ndetse afite ijambo rikomeye muri rubanda, ububasha bwo gufata ibyemezo bya nyuma bwari mu maboko ya Perezida Diomaye Faye, kuko Itegeko Nshinga rya Sénégal riha Perezida uburenganzira bwo kwirukana Minisitiri w’Intebe igihe abishakiye binyuze mu iteka rya Perezida.

Sonko yari yarigaruriye imitima y’urubyiruko benshi bavuga ko rwari rwaracitse intege kubera ubuzima bugoye n’ubushomeri. Yanakunzwe cyane kubera imvugo ze za Pan-Africanisme ndetse no kunenga cyane igihugu cy’u Bufaransa, Sénégal yigeze gukoloniza.

Kwirukanwa kwe kandi kwabaye nyuma y’amasaha make avuze amagambo akomeye yamagana ibyo yise “igitugu cy’ibihugu by’i Burengerazuba bishaka guhatira Afurika kwemera ubutinganyi.”

Ibi yabivuze nyuma y’uko Sénégal itoye itegeko rishya rikaza ibihano ku baryamana bahuje ibitsina.

Sonko yavuze ko nyuma yo gutorwa kw’iri tegeko, hari ibihugu byo hanze cyane cyane u Bufaransa byatangiye kunenga Sénégal cyane. Yagize ati: “Niba bo barahisemo iyo mibereho, ni ikibazo cyabo. Ariko nta somo na rimwe dufite ryo kubigiraho.”

Gutangaza aya magambo no kwirukanwa kwe byahise bituma benshi batangira kwibaza niba umwuka mubi hagati ye na Perezida Diomaye Faye wari warageze ku rwego rwo hejuru ndetse niba ibi bishobora gutuma habaho impinduka zikomeye muri politiki ya Sénégal mu minsi iri imbere.

 

Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye [Uri iburyo] yasezereye ku mirimo Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse anasesa Guverinoma yose


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...