Perezida Donald Trump yashimiye Cardinal Robert Francis Prevost, watoranyijwe nk’umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika ku izina rya Papa Leo wa XIV. Uyu ni we Munyamerika wa mbere mu mateka y’imyaka 2,000 y’Itorero Gatolika ugiye kuyobora Kiliziya nk’umupapa.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yagize ati “Turashimira Cardinal Robert Francis Prevost watorewe kuba Papa. Ni ishema rikomeye kumenya ko ari we Munyamerika wa mbere ugiye kuyobora Kiliziya Gatolika.
Ni ibyishimo bikomeye kandi ni ishema rikomeye ku gihugu cyacu. Ntegereje guhura na Papa Leo wa XIV. Ni umwanya uzaba w’ingenzi cyane kuri njye!”
Cardinal Prevost, w’imyaka 69, yavukiye i Chicago kandi yamaze igihe kinini akora ubutumwa bwa gikirisitu muri Peru. Yari ayoboye ibiro bya Vatican bishinzwe abepiskopi mbere yo gutorerwa kuba Papa.
Iri torwa rye ryatangajwe nyuma y’ihuriro ry’abakaridinali 133, ryamaze iminsi ibiri, aho bamusabye kuyobora Kiliziya nk’umushumba wa 267.
Nubwo Papa Leo wa XIV yigeze kunenga politiki za Trump, cyane cyane ku bijyanye n’abimukira, Perezida Trump yagaragaje ubushake bwo gukorana na we, agaragaza ko iri torwa ari intambwe ikomeye mu mateka y’Amerika n’Itorero Gatolika.
Donald Trump yashimiye Papa mushya Leo akaba na Papa wa mbere ukomoka muri Amerika
Papa Leo wa XIV abaye Papa wa mbere ukomoka muri Amerika