Vieira w’imyaka 50, wavukiye i Dakar muri Senegal,
ahawe izi nshingano nyuma y’uko Pape Thiaw yirukanwe kuri uyu mwanya yari ariho kuva mu 2024.
Thiaw yirukanwe nyuma y’uko Senegal isezerewe mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ubwo yatsindwaga
n’u Bubiligi ibitego 3-2 mu mikino ya 1/32 cy’irangiza.
Uyu mutoza kandi ni we wari uyoboye Senegal muri CAN
2025, aho iyi kipe yegukanye igikombe ku mukino wa nyuma. Icyakora, nyuma
y’iminsi 57, impuzamashyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF)
ryambuye Senegal icyo gikombe.
Senegal yahise ijuririra icyo cyemezo, ndetse amakuru
yatangajwe muri Nyakanga avuga ko urubanza rwayo ruzaburanishwa n’Urukiko
Nkemurampaka rwa Siporo (CAS) mu Ukwakira 2026.
Patrick Vieira ahawe gutoza Senwgal nyuma y’uko yari
amaze amezi atari mu kazi kuva mu Gushyingo 2025, ubwo yatandukanaga na Genoa
yo mu Butaliyani.
Yari yarahawe akazi ko gutoza Genoa mu mpera za 2024,
ariko nyuma yo gutangira nabi shampiyona ya Serie A.
Mbere yo kujya muri Genoa, Vieira yari amaze umwaka
atoza Strasbourg yo mu Bufaransa.
Vieira afite amateka akomeye nk’umukinnyi
Mbere yo kwinjira mu mwuga wo gutoza, Patrick Vieira
yari umwe mu bakinnyi bakomeye bo mu gihe cye.
Yakinnye imikino 307 muri Premier League, ayikinira
Arsenal na Manchester City. Yabaye icyamamare cyane muri Arsenal dore ko
yanabaye kapiteni wayo aho yafashije iyi kipe kwegukana ibikombe bitatu bya
Premier League hagati ya 1997 na 2004.
Vieira kandi yari umwe mu bakinnyi bagize uruhare mu
mateka y’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, aho yafashije Les Bleus kwegukana
Igikombe cy’Isi mu 1998.

Patrick Vieira wabaye kapiteni wa Arsenal yagizwe umutoza wa Senegal
