Patient Bizimana yasohoye indirimbo ‘Agakiza’ yitiriye Album azamurikira i Kigali- VIDEO

Imyidagaduro - 18/04/2025 4:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Patient Bizimana yasohoye indirimbo ‘Agakiza’ yitiriye Album azamurikira i Kigali- VIDEO

Nyuma y’igihe adahagurukiye umuziki kubera impamvu z’umuryango no kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuririmbyi w’indirimbo za Gospel, Patient Bizimana, yagarutse asohora indirimbo nshya yise “Agakiza (Salvation)”, ari nayo ya mbere kuri album ye igomba gusohoka kuri Pasika ya 2026.

Amashusho y’iyi ndirimbo yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Bizimana yavuze ko iyi ndirimbo, yakozwe mu buryo bw’amajwi (Audio) na Mastola, ni mu gihe amashusho yakozwe na Kingsley.

Uyu muramyi yavuze ko iyi ndirimbo ari intangiriro y’urugendo rushya mu muziki we. Agaruka ku ndirimbo ye yagize ati “Agakiza ni ijwi ry’ubuzima bushya, ni ubutumwa bw’icyizere, agakiza n’urukundo rw’umukiza,”

Yashimangiye ko tariki ya 5 Mata 2026 izaba umunsi ukomeye mu mateka ye, kuko ari bwo azataramira i Kigali, ndetse azabihuza no kumurika Album ye yise ‘Agakiza’, cyane ko bizaba ari no ku munsi wa Pasika.

Yavuze ati “Nshimishijwe no kuzagaruka i Rwanda mu gihe cy’urukundo n’icyizere, tuzahimbaza Pasika mu buryo budasanzwe, n’umushyitsi wihariye uzaduherekeza.”

Yasohoye iyi ndirimbo mu gihe ari kwitegura ibitaramo bibiri muri Canada, birimo icyo azakorera mu Mujyi wa Montreal ku wa 19 Mata 2025, n’icyo azakorera mu Mujyi wa Ottawa, ku wa 20 Mata 2025. Aya ni amahirwe yo kwerekana umurage we w’imyaka myinshi akora ibikorwa by’ubugingo n’umuziki wubatse imitima y’abantu.

Patient Bizimana amaze imyaka irenga 15 akora umuziki wubakiye ku gusingiza Imana no kugarura abantu kuri Yesu. Kandi, yaguye igikundiro cye mu ngeri zose.

Uyu muririmbyi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Iyo neza’ yakoreye ibitaramo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, ndetse mu 2022 yataramiye mu Burayi.

Bizimana avuga ko yiyumvisemo impano yo kuramya mu 2002, yinjira mu muziki mu buryo bw’umwuga mu mwaka wa 2007 nyuma y’igihe cyari gishize yinjiye mu Itorero Restoration Church.

Yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku itariki ya 1 Gashyantare 1987 akurira mu Rwanda. Bivuze ko yujuje imyaka 38.

Yize amashuri abanza kuri Umubano Primary School iwabo mu Karere ka Rubavu ho mu Burengerazuba bw’u Rwanda, akomereza ayisumbuye muri Saint Fidele. Yiga icungamari muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK). Arazwi cyane mu ndirimbo zirenga 50 zirimo nka ‘Iyo neza’, ‘Amagambo yanjye’, ‘Menye neza’ n’izindi.

 

Patient Bizimana yatangaje ko yashyize hanze iyi ndirimbo ‘Agakiza’ mu gihe ari kwitegura kugaruka i Kigali 

Patient yavuze ko Album ye ‘Agakiza’ azayimurikira i Kigali mu gitaramo cya Pasika 

Muri iki gihe Patient ari kwitegura gutaramira mu Mijyi ibiri ikomeye yo muri Canada


KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AGAKIZA’ YA PATIENT BIZIMANA



Umwanditsi:

Yanditswe 18/04/2025 4:11 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...