Patient Bizimana, Alexis Nkomezi na Tonzi mu bakwinjiza neza muri Weekend izizihirizwamo Pasika – VIDEO

Imyidagaduro - 19/04/2025 5:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Patient Bizimana, Alexis Nkomezi na Tonzi mu bakwinjiza neza muri Weekend izizihirizwamo Pasika – VIDEO

Nk’uko bisanzwe bigenda mu mpera za buri Cyumweru, InyaRwanda ibagezaho urutonde rw’indirimbo nshya z’abahanzi barimo abamaze kugera ku rwego rukomeye n’abakizamuka.

Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n’impera z’icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.

Kuri ubu, abahanzi nyarwanda baba abakora umuziki usanzwe ndetse n’abakora uwo kuramya no guhimbaza Imana bose bakoze mu nganzo.

Umwe mu bahanzi bakoze mu nganzo muri iki cyumweru, ni umuririmbyi w’indirimbo za Gospel, Patient Bizimana, wagarukanye indirimbo nshya yise “Agakiza (Salvation)”Nyuma y’igihe adahagurukiye umuziki kubera impamvu z’umuryango no kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari nayo ya mbere kuri album ye igomba gusohoka kuri Pasika ya 2026.

Amashusho y’iyi ndirimbo yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Bizimana yavuze ko iyi ndirimbo, yakozwe mu buryo bw’amajwi (Audio) na Mastola, ni mu gihe amashusho yakozwe na Kingsley.

Uyu muramyi yavuze ko iyi ndirimbo ari intangiriro y’urugendo rushya mu muziki we. Agaruka ku ndirimbo ye yagize ati “Agakiza ni ijwi ry’ubuzima bushya, ni ubutumwa bw’icyizere, agakiza n’urukundo rw’umukiza,”

Yashimangiye ko tariki ya 5 Mata 2026 izaba umunsi ukomeye mu mateka ye, kuko ari bwo azataramira i Kigali, ndetse azabihuza no kumurika Album ye yise ‘Agakiza’, cyane ko bizaba ari no ku munsi wa Pasika.

Yavuze ati “Nshimishijwe no kuzagaruka i Rwanda mu gihe cy’urukundo n’icyizere, tuzahimbaza Pasika mu buryo budasanzwe, n’umushyitsi wihariye uzaduherekeza.”

Yasohoye iyi ndirimbo mu gihe ari kwitegura ibitaramo bibiri muri Canada, birimo icyo azakorera mu Mujyi wa Montreal ku wa 19 Mata 2025, n’icyo azakorera mu Mujyi wa Ottawa, ku wa 20 Mata 2025. Aya ni amahirwe yo kwerekana umurage we w’imyaka myinshi akora ibikorwa by’ubugingo n’umuziki wubatse imitima y’abantu.

Patient Bizimana amaze imyaka irenga 15 akora umuziki wubakiye ku gusingiza Imana no kugarura abantu kuri Yesu. Kandi, yaguye igikundiro cye mu ngeri zose.

Mu bandi bakoze mu nganzo harimo umuhanzikazi Tonzi, Alexis Nkomezi, itsinda rya True Promises, Zion Worship Team, Mr Kagame, Nessa na Beat Killer bashyize hanze indirimbo bise ‘Turahangana’ n’abandi.

Dore urutonde rw’indirimbo 10 InyaRwanda yaguhitiyemo zakwinjiza neza muri weekend Abakristo bazizihizamo Pasika, umunsi mukuru w'izuka rya Yesu/Yezu Kristo:

1.     Agakiza – Patient Bizimana

2.     Yemeye arabambwa – True Promises

3.     Yesu niwe mucyo wanjye – Alexis Nkomezi

4.     He Hidden My Soul – Papi Clever & Dorcas

5.     Naracunguwe – Zion Worship Team

6.     Omushagama - Tonzi

7.     Rwanda – Mr Kagame

8.     Nzamutegereza – Tresor Zebedayo

9.     Umugongo wanjye urahetse – Mutebutsi Family

10.Ni muri Yesu – Horebu Choir ADEPR Kimihurura


Umwanditsi:

Yanditswe 19/04/2025 5:57 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...