Papa mushya azatorwa ryari?

Iyobokamana - 21/04/2025 2:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Papa mushya azatorwa ryari?

Nyuma y’uko Papa Francis yitabye Imana kuri uyu wa mbere wa pasika, harakurikiraho imihango yo kumuherekeza ariko na none hatekerezwa uburyo bwo gutora ugomba kumusimbura.

Mu mategeko agenga Vatican, avuga ko iyo papa yeguye cyangwa se yitabye Imana agomba gusimbuzwa undi binyuze mu matora agomba kuba mu gihe cy’iminsi hagati ya 15 kugera kuri 20 avuye mu nshingano.

Icyo gihe, impeta ihabwa papa ndetse n’ibiro bye birafungwa kugeza habaye amatora yo kwemeza papa mushya hanyuma akongera agafungura ibiro agatangira inshingano akurikije aho uwo asimbuye yari agereje.

Nyuma y’uko Papa Francis yitabye Imana, amategeko agomba gukurikizwa hakaba amatora mu minsi hagati ya 15 na 20 uhereye uyu munsi yitabiyeho Imana.

Amakuru avuga ko gutora papa (Conclave) bishobora gukorwa hagati ya tariki 06 Gicurasi na 11 Gicurasi 2025.

Mu gihe atari yatorwa, Kiliziya Gaturika iri mu gihe cyitwa Sede Vacante (Icyicaro cyera kitariho) aho ubuyobozi bwa Kiliziya buyoborwa n’Inama y’Abakardinali (College of Cardinals) gusa ntibemerewe gufata ibyemezo bikomeye kugeza hatowe undi Papa.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...