Papa Leo XIV yahamagariye abakirisitu kugira ijisho ry'ubugwaneza ku isi iri mu kaga

Iyobokamana - 09/07/2025 7:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Papa Leo XIV yahamagariye abakirisitu kugira ijisho ry'ubugwaneza ku isi iri mu kaga

Papa Leo wa XIV yayoboye Misa ya mbere igenewe “Kwita ku Muremyi n’ibiremwa” mu cyanya cyitiriwe Laudato Si’ Village i Castel Gandolfo, asaba abakirisitu bose kugira ijisho ry'ubugwaneza ku isi iri mu kaga.

Iyi Misa yihariye, igizwe n’uburyo bushya bwa liturujiya yo mu Gitabo cya Misa ya Kiliziya Gatolika (Missale Romanum), yabereye ahantu hatuje kandi hatatse ubwiza karemano mu busitani bwa Laudato Si’ Village, hafi y’aho Papa asanzwe ari kuruhukira, ahari n’ikigo cy’uburezi gishishikariza kubungabunga ibidukikije.

Mu ntangiriro y’inyigisho ye, Papa Leo XIV yavuze ko kwiyambaza iryo sengesho rihereye mu bwiza bw’isi ari nko gusengera mu rusengero rusanzwe rwubatse mu kirere cy’Imana. Yavuze ko uburyo aho hantu hateye, harimo igicaniro cy’igitambo imbere n’akazu karimo amazi hafi y’inzira, bifitanye isano n’inyubako za kera za Gikirisitu, aho batunganyaga ikigega cy’amavubiro (baptistère) hafi y’umuryango, mu buryo bwerekana ko uwinjiye aba yambutse mu mazi amukiza icyaha n’intege nke.

Papa Leo yahise anenga ukuntu isi yugarijwe n’ibiza n’ibindi byago biterwa n’imihindagurikire y’ibihe, akemeza ko rimwe na rimwe “biba byatewe, cyangwa byarushijwe n’ubuzima butarimo kwiyoroshya dufite nk’abantu.”
Yagize ati: “Dukeneye gusengera abantu benshi, imbere no hanze ya Kiliziya, batari bumva ko kurengera ahio dutuye ari ikibazo gikomeye gikwiye kwitabwaho byihutirwa.”

Yakomereje ku nyigisho yari yateguwe, Papa Leo XIV yagaragaje ko aho Laudato Si’ Village iherereye hihariye ku mutuzo n’ubusabane bw’abantu n’isi, bituma haba itandukaniro rikomeye rihari hagati y’icyo cyanya n’isi yugarijwe n’ihindagurika ry’ibihe n’intambara. Ati “Ariko ku mutima wa Yubileya y’uyu mwaka turahavuga: hari icyizere! Twarakibonye muri Yezu, Umukiza w’isi. Uwo ni we ugikomeza guhosha imiyaga n’imivumba.”

Yasobanuye ko imigani ya Yezu ku bwami bw’Imana akunze kuyihuza n’imiterere n’imikorere y’ibidukikije, ari na ko agaragaza ko afite imbaraga zisumba imbaraga zose zifuza ko ibiremwa byashira ku isi. Ati “Iyo Yezu ategetse umuyaga n’inyanja, atwereka ububasha bwe bwo kurokora no guha ubuzima busumba imbaraga zose zituma abantu bacika integer.

Papa Leo XIV yibukije ko ubutumwa bwo kwita ku bidukikije bwashyizwe mu maboko y’Abakirisitu n’Umuremyi ubwe: ati“Tumva gutaka kw’isi n’abakene. Iryo jwi ryabo ryageze ku mutima w’Imana. Umujinya wacu ni umujinya wayo. Umurimo dukora ni umurimo wayo.”

Kiliziya, nk’uko yabigaragaje, ifite inshingano zo kuvugisha ukuri mu maso y’amahanga, kugira ngo ihindure ikibi mo icyiza, akarengane mo ubutabera, kuko ari yo itanga ubuhamya bw’isezerano rihoraho hagati y’Umuremyi n’ibiremwa.

Yibukije urukundo rwa Mutagatifu Fransisiko w’i Asizi rwagaragazwaga ku biremwa byose n’uruhare rwabyo mu buzima, agira ati: “Ni ijisho ry’ubujyanama n’ubwitonzi rishobora guhindura uko tureba ibintu byaremwe, kandi rikadukura mu kaga k’ibidukikije katewe no gucika ku mubano hagati yacu n’Imana, na bagenzi bacu ndetse n’isi, aho twagiye tubihemukira kubera icyaha.”

Yongeyeho ko Papa Fransisiko yashakaga ko Laudato Si’ Village iba “laburatwari (laboratoire)” y’ubuzima buyungurura ubusabane n’ibiremwa, ikaba n’ikigeragezo cy’inzira nshya zo kubibungabunga.

Asoza, Papa Leo XIV yahamagariye Abakirisitu gukwirakwiza amahoro n’ubusabane ku isi, yifashishije amagambo ya Mutagatifu Augustin:  “Mana, ibiremwa byawe biragushima kugira ngo tubashe gukunda, kandi turagukunda kugira ngo ibiremwa byawe bikomeze kugushima.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...