Papa Leo wa XIV yibukije abakiristu ko ntawuhunga urupfu -VIDEO

Iyobokamana - 14/07/2025 10:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Papa Leo wa XIV yibukije abakiristu ko ntawuhunga urupfu -VIDEO

Papa Leo wa XIV akomeje ibiruhuko bye by’itumba i Castel Gandolfo, aho yifatanyije n’abemera baturutse impande zose mu isengesho rya Angelus. Mu butumwa yatanze, yibukije abakirisitu ko ubugingo buhoraho tububona binyuze mu rukundo no kwitangira abandi, aho gushaka guhunga urupfu.


Mu ijambo yavugiye muri Freedom Square, Papa yagarutse ku kibazo cyabajijwe Yezu mu Ivanjili: “Mwigisha, nakora iki ngo nzabone ubugingo buhoraho?”

Papa Leo yavuze ko icyo kibazo cy’uriya mugabo gituruka ku cyifuzo cyimbitse mu mutima w’umuntu wese: “kubaho ubuzima butarimo gutsindwa, ikibi n’urupfu.”

Yongeyeho ko ubugingo buhoraho tudashobora kububona ku gahato cyangwa ngo tubuganireho, ahubwo tubuhabwa nk’umurage.

Ati “Ubugingo buhoraho, Imana yonyine ishobora kuduha, tubuhabwa nk’uko ababyeyi basigira abana babo umurage,”

Kubw’ibyo, Papa Leo wa XIV yibukije ko gukora ibyo Imana ishaka ari ko kuronka uwo murage. Ibyo bikubiyemo gukunda Imana n’umutima wacu wose no gukunda bagenzi wacu nk’uko twikunda.

Ati “Iyo dukora ibyo bintu byombi, tuba twitaba urukundo rw’Imana Data. Ibyo Imana ishaka ni amategeko y’ubuzima Data ubwe yabanje gukurikiza, ubwo yadukunze urukundo rudashira abicishije kuri Yezu.”

Papa yasabye abakirisitu kurebera kuri Yezu kugira ngo basobanukirwe urukundo nyakuri, avuga ko urukundo nyarwo ari urwo gutanga, kubabarira no kwaguka, rutugira abanyampuhwe rutatugumisha mu kwikunda.

Yagize ati: “Nk’uko Imana yegereye abantu biciye kuri Yezu Kirisitu, natwe duhamagarirwa kwitaho abo duturanye nabo.”

Yibukije kandi ko dukwiye gukurikiza urugero rwa Yezu, Umukiza w’isi, tukaba intumwa z’ihumure n’icyizere, cyane cyane mu gihe dufite abantu bacitse intege cyangwa bafite intimba.

Mu gusoza inyigisho ye ya Angelus, Papa Leo XIV yagize ati: “Itegeko ryo gukunda Imana no gukunda mugenzi wacu riruta amategeko yose y’abantu kandi niryo riha ayo mategeko ubusobanuro nyakuri. Kugira ngo tubone ubugingo buhoraho, si uko twirinda cyangwa dushuka urupfu, ahubwo ni uko dukorera ubuzima, tubwitaho muri iki gihe turi kumwe.”


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...