Papa Leo wa XIV yavuze ko Iterambere rya AI rikwiye kuba isoko y’ibiganiro no guteza imbere ubumwe bw’abantu

Ikoranabuhanga - 11/07/2025 9:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Papa Leo wa XIV yavuze ko Iterambere rya AI rikwiye kuba isoko y’ibiganiro no guteza imbere ubumwe bw’abantu

Mu butumwa yahaye abitabiriye inama mpuzamahanga AI for Good Summit irimo kubera i Geneva, mu Busuwisi, Papa Leo wa XIV yasabye ibihugu gushyiraho amategeko n’amahame agenga ikoreshwa rya Artificial Intelligence (AI) ku nyungu rusange z’abaturage bose.

Ubutumwa bwa Papa bwasinywe na Kardinali Pietro Parolin, Umunyamabanga wa Leta wa Vatikani, bwatangajwe ku wa 10 Nyakanga 2025, aho yagaragaje impungenge n’amahirwe biri mu iterambere ryihuse ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri AI.

Papa Leo wa XIV yagize ati: “Ndashishikariza ibihugu gushaka ukuri ku mikoreshereze y’iyi tekinolojiya, no gushyiraho uburyo bwuzuye bwo kuyiyobora haba mu rwego rw’igihugu cyangwa mpuzamahanga, hashingiwe ku kwemera ko buri muntu afite agaciro gakomeye n’uburenganzira bw’ibanze.”

Yongeyeho ko AI igomba gutezwa imbere idashingiye gusa ku musaruro cyangwa ku nyungu, ahubwo ikubahiriza indangagaciro z’ubumuntu, igashyirwa mu murongo w’ubuyobozi bunoze bwishingikirije ku mahame y’ubutabera n’ubwisanzure.

Inama ya AI for Good Summit, yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Itumanaho Mpuzamahanga (ITU), iri guhuza ibihugu, inzobere mu by’ikoranabuhanga, abashakashatsi ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye bafite aho bahuriye n’iterambere rya AI.

Papa yagaragaje ko isi yugarijwe n’ibibazo byinshi mu gihe kiriho cyitwa “igihe cy’udushya dusesuye”, aho abantu benshi barimo bibaza icyo kuba umuntu bivuze muri ibi bihe bya tekinoloji zifite ubushobozi bwo guhanga ibintu bishya.

Papa Leo wa XIV yagaragaje ko iterambere rya AI ritagomba gutuma habaho kwibagirwa agaciro ka muntu, ahubwo rikwiye gukurikiranwa n’abantu bafite indangagaciro, harimo abahanga bayitegura, abayicunga n’abayikoresha, bose bagafatanya kuyobora AI ku murongo w’inyungu rusange.

Yagize ati “AI ikeneye imiyoborere ishingiye ku ndangagaciro zubaha umuntu. Ntabwo ihagararira gusa ubuhanga cyangwa umurimo, ahubwo igomba kujyana no kumva inshingano ziremereye zo kuyikoresha mu nyungu za bose.”

Yifashishije amagambo y’Umutagatifu Augustin wigeze kuvuga ko “amahoro ari ugushyira ibintu mu buryo”, Papa Leo yavuze ko AI ikwiye kuba igikoresho cyo kwimakaza umuco w’ubusabane, ubutabera n’amahoro mu muryango mugari w’abantu.

Yagize ati: “Nubwo AI ishobora gukora byinshi, harimo gutunganya amakuru, gufasha mu buvuzi, uburezi, imirimo, ubuhanzi, no mu itumanaho, ntishobora gusimbura ubushobozi bwo gufata imyanzuro ishingiye ku butabera, cyangwa se gusimbura urukundo n’umubano nyawo hagati y’abantu.”

Papa Leo wa XIV yashoje asaba isi yose ko iterambere rya AI ritazibagirwa agaciro k’umuntu, ko rigomba kuba igikoresho cyo guteza imbere ubumwe, ibiganiro n’ubufatanye mu guharanira iterambere rusange ry’abantu bose.

Ati “AI ikwiye kuba ishingiro ryo kubaka isi irimo ibiganiro, ubufatanye n’iterambere rirambye ry’abantu bose. Tugomba kuyiteza imbere ituyobora ku bumuntu, si ku nyungu z’udutsiko.”

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...