Pacson yakebuye abanyamakuru badashyigikira abahanzi bakuru bakita ku bato kubera indonke- VIDEO

Imyidagaduro - 30/04/2025 3:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Pacson yakebuye abanyamakuru badashyigikira abahanzi bakuru bakita ku bato kubera indonke- VIDEO

Umuraperi Pacson yakebuye abanyamakuru badaha umwanya uhagije abahanzi bakuru, ahubwo bagashyira imbaraga nyinshi ku bahanzi b’ikigero gishya babitezeho indonke. Ni ibintu avuga ko bidindiza iterambere ry’umuziki nyarwanda, kuko hari uburambe n’ubumenyi buvanze n’ubutumwa bukomeye abahanzi bakuru baba bafite ariko bukabura aho buhuririzwa n’abakunzi b’umuziki.

Mu kiganiro cyihariye yahaye InyaRwanda, Pacson wubatse izina mu njyana ya Hip Hop, yavuze ko amaze imyaka 23 mu muziki, kandi yishimira uruhare yagize mu kurambika urufatiro rw’iyi njyana mu Rwanda, aho avuga ko “Hip Hop ari injyana yoza Roha”, ashaka kugaragaza ko ari umuyoboro w’ubwenge, uburere n’ukuri.

Uyu muhanzi usanzwe ari umunyamakuru kuri Radio na TV1, yavuze ko we ubwe yahisemo gutanga umusanzu mu gufasha abahanzi bose, yaba abato n’abakuru, ariko ubu hakaba harimo icyuho kinini cy’uko itangazamakuru risa n’irigendera ku nyungu kurusha ubuziranenge.

Pacson ati “Ibihangano birahari. Ahubwo, mwebwe mwa banyamakuru ntabwo mushaka kwamamaza ibihangano by’abahanzi bakuru, ahubwo mukunda ba bana banyu bakivuka babaha ibihumbi 10 Frw cyangwa 20 Frw.”

Yakomeje avuga ko ibi bituma urubyiruko rwibona nk’aho arirwo rukora ibintu by’indashyikirwa, nyamara abahanzi bakuru baba bafite umurage n’uruhare rukomeye mu iterambere ry’inganda z’imyidagaduro.

Pacson kandi yasabye abanyamakuru kwibuka ko bafite uruhare runini mu kuyobora rubanda, abasaba gusubiza agaciro abafite amateka no gutanga umwanya kuri bose ku buryo ntawuhutazwa kubera igitugu cy’amafaranga.

Si Pacson wenyine wigeze kugaragaza impungenge nk’izi. Umuraperi Riderman, ufatwa nka “King of Hip Hop” mu Rwanda, na we mu bihe bitandukanye yasabye abanyamakuru gushyigikira injyana ya Hip Hop, anavuga ko itangazamakuru rikomeje gusumbanya abahanzi hagendewe ku bijyanye n’imyitwarire cyangwa ubushobozi bwo kwishyura serivisi zo kwamamazwa.

Jay Polly (nyakwigendera) yigeze gutunga agatoki abanyamakuru bavuga ko Hip Hop itagira agaciro, ababwira ko iyo bitabwaho, abahanzi babikora babikora neza kurusha abandi.

Fireman, umwe mu bagize Tuff Gang, nawe kenshi yagaragaje ko Hip Hop ititabwaho bihagije, agasaba ko abanyamakuru bafata igihe cyo kumva no gusobanukirwa ubutumwa bukubiye mu bihangano by’iyi njyana, aho gusa kugendera ku bumenyi bucye cyangwa ku nyungu.

Green P na Jay C Ambassador, abahanzi bakiri mu muziki kandi bazi neza inzira ndende Hip Hop yanyuzemo, nabo kenshi bagaragaje ko injyana yabo ikwiye gushyigikirwa nk’izindi zose, cyane ko usanga ikubiyemo ubutumwa bwubaka, bukangurira urubyiruko gutekereza no kwiyubaka.

Uyu muraperi [Pacson] kandi ari mu bagize uruhare mu gutegura ibitaramo bigaragaza amateka ya Hip Hop mu Rwanda, birimo n’ibitaramo bya Classic Hip Hop Night, aho akunda kugaragaza ko ubufatanye hagati y’abahanzi n’abanyamakuru ari bwo buzamura umuziki nyarwanda urambye.

Hip Hop yavutse mu myaka ya 1970 muri Amerika nk’ijwi ry’urubyiruko rwari rutagira urubuga rwo kugaragaza ibibazo byarwo – rubangamiwe n’ubukene, akarengane, irondaruhu n’ubusumbane. Ibi ntibigarukira Amerika gusa, kuko no mu Rwanda cyangwa ahandi, Hip Hop yagiye iba umuyoboro wo kugaragaza ibibazo by’imbere mu muryango nyarwanda, nko guhezwa, ubushomeri, ruswa, ihohoterwa, ubukene n’ibindi.

Abahanzi ba Hip Hop benshi bakoresha amagambo y’umwimerere, yuzuye inyigisho. Amagambo yabo akangurira abantu: Kwishakamo ibisubizo, Kwimakaza amahoro, Guhangana n’ibiyobyabwenge, Kwizigamira, no gukunda igihugu.

Nko mu Rwanda, abahanzi nka Pacson, Riderman, na Green P bakunze gutanga ubutumwa bwubaka, butari ubusambanyi cyangwa ubuzima bw’ikimena, nk’uko bikunze kumvikana mu zindi njyana.

Uyu muziki wabyaye inganda zitandukanye: abatunganya umuziki (producers), abanyamakuru bawo, abayobora ibitaramo, abacuruzi b’imideli n’ibikoresho by’ubugeni. Iyo Hip Hop itezwe imbere, itanga akazi, igateza imbere ubukungu bw’abahanzi n’abayikurikira.

Mu Rwanda, Hip Hop yakomeje gufatwa nk’ijyana y’abana b’inzererezi mu bihe byashize, bitewe n’imyambarire cyangwa amagambo akakaye yakundaga gukoreshwa. Ariko uko imyaka yagiye ihita, abantu batangiye kuyumva nk’injyana y’ubwenge, y’ubuhanga, y’abafite icyo bashaka kuvuga.

Ababyeyi n’abarezi bagenda bayemera kurushaho, cyane cyane iyo ibihangano bibamo ubutumwa. Nubwo hari abacyibona Hip Hop nk’iy’abashaka kurwanya ubuyobozi, benshi bamaze kubona ko ari igikoresho gikomeye cyo kubaka igihugu.

Hip Hop ni urubuga rw’ubwisanzure, ubwenge, ubuhanzi n’ubushishozi. Niba sosiyete iyiteza imbere, ihabwa umwanya n’icyubahiro, ishobora kuba imbarutso yo guhindura imyumvire y’urubyiruko no kuruteza imbere mu buryo burambye.

 

Pacson yacyebuye abanyamakuru badashyigikira abahanzi bakuru bakita ku bato kubera indonke

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE N'UMURAPERI PACSON



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...