Omah Lay yamaganye ibikorwa bya ‘BBL,’ avuga ko bitakigezweho kandi bidakurura abareba

Imyidagaduro - 11/07/2025 4:12 PM
Share:

Umwanditsi:

Omah Lay yamaganye ibikorwa bya ‘BBL,’ avuga ko bitakigezweho kandi bidakurura abareba

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria ukunzwe mu njyana ya Afrobeats, Stanley Omah Didia uzwi cyane ku izina rya Omah Lay, yagaragaje ko atemeranya n’ibikorwa byo kwibagisha hagamijwe kugira ikibuno kinini, bizwi ku izina rya ‘Brazilian Butt Lift (BBL)'.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa X (rwahoze ari Twitter), Omah Lay yagize ati: “BBL ntikigezweho kandi ntabwo ishakamaje na gato.”

Ibi abitangaje mu gihe ibikorwa bya BBL bikomeje gufata intera mu gihugu cya Nigeria no mu bindi bice bya Afurika, aho benshi mu bagore barimo abakinnyi ba filime, abaririmbyi, abamurika imideli ndetse n’abakunzwe kuri televiziyo n’imbuga nkoranyambaga, batangiye kujya babyitabira mu rwego rwo gushaka imiterere ikurura abafana n’ababakurikira.

Nubwo hari abayishimira, ibikorwa bya BBL byakunze kuvugwaho ingaruka mbi ku buzima zirimo gukomereka gukomeye, uburwayi buhoraho ndetse hari n’aho byavuyemo urupfu kubera ibibazo by’ubuvuzi bijyana n’iyo gahunda.

Omah Lay, uzwi mu ndirimbo nka Soso na Understand, yabaye umwe mu bahanzi ba mbere batinyutse gutangaza ko iyi myemerere n’iyi gahunda atabiha agaciro, ndetse ashimangira ko ari ibikorwa bitakijyanye n’igihe kandi bidatanga ubwiza nk’uko benshi babitekereza.

Ibi biganiro bijyanye na BBL bikomeje gufata indi ntera ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bashyigikira imvugo ya Omah Lay mu gihe abandi bavuga ko buri wese afite uburenganzira bwo gufata icyemezo ku mubiri we.

Ubundi se BBL ni iki?


Bumwe mu buryo buri gufasha abantu kwibagisha hagamijwe ubwiza cyane cyane ku bakobwa cyangwa abagore ni ubuzwi nka ‘Brazilian Butt Lift (BBL) bufasha abantu kongeresha ikibuno uko babishaka. BBL ni uburyo bwo kubaga umuntu hagamijwe ubwiza, aho ikibuno cy’ubishaka gitunganywa mu ishusho no mu ngano.

Bikorwa hafatwa ibinure (inyama) zo ku bindi bice nk’inda, amatako n’ahandi umuntu abyibushye, bigatunganywa (hagakuramo ibidakenewe byakwangiriza icyo gikorwa), hagafatwa ibikungahaye ku tunyangingo dufite ubuzima buzira umuze, ubundi bigashyirwa ku kibuno cy’ubishaka ku buryo bikora ishusho ashaka, imugira mwiza.

Ni igikorwa kimara amasaha nk’abiri umuntu ari kubagwa ariko gukira bisaba nk’ibyumweru, uwabazwe akagirwa inama yo kuticara cyane ahengamiye ku ruhande rwongerewe kugira ngo za nyama bamuteyeho zibanze zihure n’izo asanganywe.

Ni igikorwa cyitabirwa cyane mu bihugu nka Brésil, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Colombia. Aho ubuvuzi bujyanye nacyo bwateye imbere ni muri Turikiya.

Imibare y’Umuryango Mpuzamahanga wita ku bijyanye n’ibyo kubagwa hagamijwe ubwiza cyangwa gukosora inenge ku mubiri, mu 2020 wagaragaje ko abarenga 396 bibagishije ikibuno.

Icyakora ni ibintu bitigonderwa na buri wese, kuko nko muri Amerika ubishaka atanga ari hagati ya 4000$ n’ibihumbi 10$, muri Brésil igiciro kiri hagati ya 3000$ na 6000$, Mexique ni hagati ya 2500$ na 5500$ gutyo.

Afurika na yo yamaze gufata uyu muco. Ubu abashaka ubu buvuzi banyarukira mu mijyi nka Lagos muri Nigeria, Johannesburg muri Afurika y’Epfo, Nairobi muri Kenya n’ahandi.

Muri ibyo bihugu BBL yamaze kuba imari ishyushye, aho amavuriro agaragaza ko imirongo y’abagore baba bashaka ubwiza bahoze bifuza iba igeze iriya.

Mu Rwanda bivugwa ko hari abakobwa bajya hanze kubikoresha, ariko bakabikora mu ibanga rikomeye kuko baba batizeye uko bazakirwa muri sosiyete, nubwo bidakuraho ko hari n'abatinyuka bakajya ku mbuga nkoranyambaga bagasangiza ababakurikira uko babikoresheje.

Omah Lay yamaganye uburyo bwa BBL bwifashishwa n'abashaka guhindura isura n'imiterere y'ikibuno


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...