Obama yasangije Isi urutonde rw'ibitabo yasomye mu mpeshyi ya 2026

Imyidagaduro - 30/07/2026 6:50 AM
Share:
Obama yasangije Isi urutonde rw'ibitabo yasomye mu mpeshyi ya 2026

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yashyize ahagaragara urutonde rw'ibitabo yavuze ko yishimiye gusoma muri iyi mpeshyi ya 2026.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Obama yagize ati: "Igihe kirageze nanone. Dore bimwe mu bitabo nasomye kandi nkabyishimira muri iyi mpeshyi. Niba hari ibyo mwanyuzemo, mumbwire."

Bimwe mu bitabo biri kuri uru rutonde ni Kin cya Tayari Jones, Whistler cya Ann Patchett, Vigil cya George Saunders, Data Empire cya Roopika Risam na Cool Machine cya Colson Whitehead.

Mu myaka myinshi ishize, urutonde rw'ibitabo Obama asoma rwagiye rugira uruhare runini mu kumenyekanisha abanditsi batandukanye no gutuma abantu benshi bagira ubushake bwo gusoma ibitabo.

Buri mwaka, abakunzi b'ibitabo hirya no hino ku isi baba bategerezanyije amatsiko urutonde rw'ibitabo Obama yahisemo gusoma.

Obama yasangije abamukurikira urutonde rw'ibitabo yasomye mu mpeshyi ya 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...