Nzabereka ko mbashije - Kitoko ku gitaramo azahuriramo na Davido i Kigali

Imyidagaduro - 09/11/2025 1:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Nzabereka ko mbashije - Kitoko ku gitaramo azahuriramo na Davido i Kigali

Nyuma y’imyaka 12 abarizwa mu Bwongereza, umuhanzi Mpuzamahanga Kitoko Bibarwa yagarutse mu Rwanda avuga ko yiteguye kongera guhura n’abafana be mu buryo budasanzwe, yizeza ko azabereka ko akiri umuhanzi w’umwuga, mu gitaramo kizabera muri BK Arena aho azahurira ku rubyiniro na Davido.

Ni mu gitaramo gitegerejwe tariki ya 15 Ukuboza 2025, cyatewe inkunga n’uruganda rwa Skol, kizaba gikubiyemo ibyamamare bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika. Kuri Kitoko, iki gitaramo ni intangiriro y’urundi rugendo rushya mu muziki we.

Mu kiganiro n’itangazamakuru ku Cyumweru tariki ya 9 Ugushyingo 2025, Kitoko wari umaze amasaha make agarutse i Kigali, yagaragaje amarangamutima y’umuntu wari ukumbuye gusubira mu gihugu cye no guhura n’abafana be.

Ati: “Nari nkumbuye abantu cyane […] Nta birenze bindi, gusa nta ndirimbo z’undi muntu nzaririmba, ni izanjye gusa, kuko bizaba ari ubwa mbere. Hari abo nzaba mpuye n’abo bwa mbere. Hari abantu bashyashya batanzi, ngomba kubereka ko mbashije.”

Iri jambo “Nzabereka ko mbashije” ryabaye nk’umwiyerekano w’umuhanzi uje kwisubiza icyubahiro mu muziki nyarwanda — nyuma y’imyaka irenga 12 yari amaze hanze y’igihugu, aho yari atuye mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza.

Kitoko yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali ku Cyumweru mu gitondo, yakirwa n’abafana n’inshuti bamugaragarije ibyishimo.

Yavuze ko mu gihe amaze hanze, yabonye byinshi byamufashije kwagura ubumenyi mu muziki, ariko akomeza no gukurikirana ibibera mu Rwanda.

Ati: “Nari maze igihe kinini ntabonana n’abafana banjye. Hanze hari ibyiza, ariko ntihasimbura aho washinze imizi. Ngarutse kugira ngo nkore umuziki n’umutima wanjye wose, kandi iki gitaramo ni intangiriro y’ibintu byinshi bishya.”

Kuri benshi, kugaruka kwa Kitoko ni nk’inkuru nziza — kuko yari umwe mu bahanzi bagaragaje ubudasa mu myaka ya 2009–2012, igihe yaririmbaga indirimbo zakunzwe nka “Ikiragi”, “Rurabo”,” n’izindi.

Uyu muhanzi avuga ko ataje gusubiramo amateka gusa, ahubwo aje kongera kubaka urundi rwego rw’umuziki we n’uruhando rw’abakunzi b’ibihe bishya.

Igitaramo Kitoko azitabira kizaba cyiganjemo ibyamamare bya Afurika byiganjemo Davido, uherutse gushyira hanze album ye nshya yise “5IVE.”

Davido azakoresha iki gitaramo nk’ahantu ho kumenyekanisha iyo album mu karere, mu gihe kuri Kitoko bizaba ari umwanya wo gutaramira muri BK Arena ku nshuro ye ya mbere — ibintu avuga ko bimuteye ishema rikomeye.

Kitoko avuga ko kugaruka kwe mu Rwanda bitagomba gufatwa nk’urugendo rw’igihe gito, ahubwo ni intangiriro yo kongera gukorana n’abahanzi, gukora indirimbo nshya no gutegura ibitaramo bizenguruka igihugu.

Album ya Davido, 5IVE, irimo indirimbo 17 ziganjemo imiziki itandukanye, harimo Afrobeats, R&B, Reggaeton, na Dancehall. Indirimbo yihariye muri iyi Album ni ‘Offa Me’ yakoranye na Victoria Monét, umuhanzi w’umunyamerika watsindiye igihembo cya Grammy. Ni indirimbo yacuranzwe na Haitian DJ na producer Michael Brun, ikaba ifite amashusho yagaragaje urusobe rw’imbyino n’imibyinire y’umurongo.

Mu bandi bahanzi bagize uruhare muri Album ya 5IVE, harimo Chris Brown, Becky G, Omah Lay, Odumodublvck, Shenseea, Tayc, Dadju, YG Marley, ndetse n’umuhanzi wo muri Afurika y’Epfo, Musa Keys, n’abandi benshi.

Davido yavuze ko iyi Album irusha izindi zose gukomeza kumwubakira izina ku rwego mpuzamahanga, igaragaza ubuhanga bwe, urugendo rwe mu muziki, n’aho ageze ubu nk’umuhanzi ndetse n’umuntu.

Mu rwego rwo kumenyekanisha 5IVE, Davido yagiye mu rugendo rwo kwamamaza mu mijyi itanu, harimo Los Angeles, New York, Atlanta, Paris, na London, aho abakunzi be babonye uburyo bwo kumwumva hafi mu buryo bwihariye. 


Kitoko Bibarwa ubwo yageraga ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali nyuma y’imyaka 12 yari amaze mu Bwongereza 

“Nzabereka ko mbashije,” — Kitoko yijeje abafana ko azatanga ibihe byihariye muri BK Arena


Bizaba ari ubwa mbere Kitoko aririmbira muri BK Arena, mu gitaramo azahuriramo na Davido tariki 15 Ukuboza 2025 


Kitoko yavuze ko kugaruka mu Rwanda ari intangiriro y’urundi rugendo rushya mu muziki we


Umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo “Rurabo” yavuze ko azaririmba indirimbo ze gusa muri iki gitaramo

KANDA HANO UREBE KITOKO AVUGA UKO YITEGUYE GUTARAMANA NA DAVIDO



AMAFOTO: Serge Ngabo/ InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...