Nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro, umugore yibarutse abana batanu icyarimwe

Inkuru zishyushye - 09/05/2026 7:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro, umugore yibarutse abana batanu icyarimwe

Mu gihugu cya Ethiopia, haravugwa inkuru idasanzwe y’umugore wabyaye abana batanu icyarimwe nyuma y’imyaka 12 yose yari amaze ategereje kubona urubyaro.

Uyu mugore witwa Bedriya Adem, ufite imyaka 35 y’amavuko akaba atuye mu karere ka Harari, yibarutse abana batanu barimo abahungu bane n’umukobwa umwe. Ibi byabereye mu bitaro bya Hiwot Fana Specialized Hospital, aho abaganga batangaje ko abana bose bameze neza ndetse n’umubyeyi akaba ari gukurikiranwa n’abaganga.

Bedriya yavuze ko ibyishimo afite bidashobora gusobanurwa n’amagambo, kuko yari amaze imyaka myinshi mu gahinda no mu gitutu aterwa no kutagira umwana. Ati:"Namaze imyaka 12 nsenga Imana nyisaba umwana umwe gusa, ariko Allah yampaye abana batanu icyarimwe."

Uyu mugore yavuze ko mu myaka yose yari amaze adasama, yahoraga abazwa impamvu atabyara, ibintu byamubabazaga cyane ku mutima kugeza aho atangira kwihisha abantu.

Nubwo umugabo we yari asanzwe afite undi mwana yabyaranye n’undi mugore mbere, Bedriya yavuze ko yumvaga ababaye cyane kuko na we yifuzaga kwibaruka uwe mwana.

Abaganga batangaje ko uyu mugore yasamye mu buryo busanzwe, adakoresheje uburyo bwa IVF busanzwe bufasha abagore gusama abana benshi icyarimwe. Bavuze kandi ko amahirwe yo kubyara abana batanu icyarimwe mu buryo busanzwe aba ari make cyane, kuko bibaho nka rimwe mu bantu miliyoni 55.

Dr Mohammed Nur Abdulahi, umwe mu bayobozi b’abaganga muri ibyo bitaro, yavuze ko uwo mubyeyi yakurikiranwaga neza kuva agitwita kugeza abyaye, ndetse ko abana bavutse bapima ibiro birenga kimwe, ibintu byongera amahirwe yo gukura neza.

Mu ntangiriro, Bedriya yari yabwiwe ko atwite abana bane, ariko bageze mu gihe cyo kubyara basanga harimo n’undi wa gatanu.

Aba bana bahawe amazina ya Naif, Ammar, Munzir, Nazira na Ansar, aho umubyeyi wabo yabise “imihezagiro itanu”.

Nubwo uyu muryango ubaye mugari mu buryo butunguranye, Bedriya yavuze ko ataramenya neza uko azawutunga kuko ari umuhinzi n’umworozi muto. Icyakora yavuze ko yizeye ko Imana hamwe n’abagiraneza bazamuba hafi muri uru rugendo rushya rwo kurera abana batanu icyarimwe.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...