Yabigaragaje mu butumwa yashyize kuri
konti ye ya Instagram mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 23 Mata 2025, aho
yagize ati: “Mbega Album. Nayihaye/Nayiteguye imyaka icyenda yose ishize
y’ubuzima bwanjye mpozaho umuhate n’ingufu byanjye byose.”
Christopher avuga ko iyi Album izaba ifite
umwihariko wihariye, kuko yayikoze yitonze, ayisukamo ubunararibonye,
amarangamutima n’ibitekerezo byagiye bimubaho mu rugendo rw’imyaka icyenda
ishize.
Ni Album imuteye amatsiko cyane, n’ubwo
ari we wayikoreye, ariko yizeye ko izanyura abakunzi b’umuziki nyarwanda
Iyi Album iri mu mishinga yahaye umwanya
munini, ndetse no mu gihe aheruka kugirira ingendo muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika mu Ugushyingo 2024, yari ayigeze kure. Yari yagiye kurangizayo imirimo
ya nyuma kuri zimwe mu ndirimbo ziri kuri iyi Album, anashakira ubuzima bwite
imbere.
Uyu muhanzi wari umaze igihe atagaragara
cyane mu bikorwa bikomeye by’umuziki, aherutse gukora ibitaramo hirya no hino
ku Isi, birimo n’ibyo yakoreye muri Amerika, bikaba byaramuhaye umwanya wo
gukomeza kwegeranya ibitekerezo ku mushinga we.
Album ye ya nyuma yari ‘Ijuru Rito’
yasohotse mu 2017, ikaba yarakurikiye ‘Habona’ yasohotse mu 2013. Ibi bivuze ko
imyaka icyenda yari ishize Christopher atagaragaza Album nshya.
Christopher kandi ateguje ko iyi Album
izasohoka vuba, ndetse izakurikirwa n’ibikorwa byo kuyimurika mu buryo
bwagutse. Ibi bije nyuma y’uko mu mwaka ushize, ku wa 29 Mata 2024, yari yashyize
hanze indirimbo ye ‘Vole’.
Christopher yatangiye kumenyekana mu 2009
ubwo yitabiraga irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ryahuzaga
abahanzi batandukanye.
Yari umwe mu bahanzi bari mu nzu itunganya
umuziki ya Kina Music ya Clement Ishimwe, aho yakoreye indirimbo zagiye
zimufasha kwagura izina rye zirimo “Uwo munsi”, n’izindi zakunzwe cyane. Yaje
gutandukana na Kina Music mu 2016, atangira urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga.
Christopher azwiho ubuhanga mu kuririmba
injyana ya R&B, amajwi meza yuje amarangamutima ndetse no gutunganya
ibihangano bituje byubakiye ku nkuru z’urukundo n’ubuzima busanzwe.
Yagiye agaragara mu bitaramo bikomeye
birimo Kigali Jazz Junction, Iwacu Muzika Festival, ndetse akanakorera
ibitaramo hanze y’u Rwanda.
Christopher yatangaje ko amaze imyaka
icyenda akora kuri Album ye nshya
Christopher aheruka gushyira hanze
indirimbo muri Mata 2024, yise ‘Vole’
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘VOLE’
YA CHRISTOPHER