Nigeria iyoboye ibihugu bituwe n’abaturage benshi bashonje muri Afurika

Ubukungu - 02/07/2025 11:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria iyoboye ibihugu bituwe n’abaturage benshi bashonje muri Afurika

Raporo nshya yasohowe n’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye n’inzara muri Afurika, igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ikibazo cy’inzara ikabije gikomeje gufata indi ntera, aho ababarirwa muri za miliyoni bafite ikibazo gikomeye cyo kutabona ibiribwa bihagije.

Iyo raporo yiswe 'Hunger Hotspots' igaragaza ko intambara n’umutekano muke bikomeje kuba intandaro y’ibura ry’ibiribwa mu bihugu byinshi bya Afurika. Mu bihugu nka Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani, Sudani y’Epfo na Somalia, abaturage benshi babayeho mu buzima bushaririye bwuzuyemo inzara, ubukene, kurwara no kwimurwa mu byabo.

Muri ibi bihugu, ibikorwa by’ubuhinzi byarangiritse, imirima ntihingwamo kubera umutekano muke, amasoko yarafunzwe, imihanda yangijwe n’intambara ndetse n’abaturage benshi bavuye mu byabo nta bushobozi bwo kwihaza mu biribwa bafite. Abagore n’abana ni bo bagizweho ingaruka zikomeye kurusha abandi, bahura n’inzara, indwara, guta amashuri ndetse no kubura ubuvuzi bw’ibanze.

Uretse intambara, ibibazo by’ubukungu nabyo byatije umurindi ikibazo cy’inzara. Izamuka ry’ibiciro, ifaranga rita agaciro ndetse n’ubukungu butameze neza byatumye ibiribwa bibura cyangwa bihenda cyane. Ibi byiyongeraho n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, aho amapfa n’imyuzure byibasiye ibice bitandukanye by’Afurika bituma umusaruro w’ubuhinzi ugabanuka cyane.

Ibyo byose byagize uruhare mu guteza ibibazo bikomeye by’ubutabazi bisaba imbaraga mpuzamahanga. Loni isaba ko hakongerwa inkunga yihutirwa, hagashakwa ibisubizo birambye kandi hibandwa ku kurinda ubuzima bw’abasivile no kongera ubushobozi bw’abaturage mu kubona ibyo kurya bihagije.

Mu bihugu byose byagaragajwe muri raporo, Nigeria niyo iyoboye urutonde rw’ibihugu bifite abaturage benshi bugarijwe n'inzara ikabije, aho abarenga miliyoni 30.6 babayeho mu buryo butarimo umutekano w’ibiribwa. Ikurikirwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (miliyoni 27.7), Sudani (miliyoni 24.6), Sudani y’Epfo (miliyoni 7.7) na Somalia (miliyoni 4.6).

Ibi bigaragaza ko ikibazo cy’inzara muri Afurika gikomeje kuba kimwe mu bikeneye ingamba zihuse, cyane cyane mu gihe intambara, ihindagurika ry’ikirere n’ubukene bikomeje kuzamura umubare w’abaturage batazi icyo bararira cyangwa icyo bagaburira abana babo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...