Ni wo munsi Yesu yakubitiweho ibiboko gucungurwa gukwira hose! Ibyo wamenya ku wa gatanu mutagatifu

Iyobokamana - 18/04/2025 12:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni wo munsi Yesu yakubitiweho ibiboko gucungurwa gukwira hose! Ibyo wamenya ku wa gatanu mutagatifu

“Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga umwana wayo w’ikinege, kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.” – Yohana 3:16. Umurongo ugaragaza neza impamvu y’ivuka ry’uwa gatanu wera.

Uwa gatanu wera ukomoka ku byabaye mu minsi ya nyuma y’ubuzima bwa Yesu ku Isi. Bibiliya itubwira ko Yesu yafashwe mu ijoro ryo ku wa Kane, nyuma yo gusangira ifunguro rya nyuma (Last Supper) n’intumwa ze.

Ibi bikorwa byabaye nyuma y’igihe kirerekire Yesu yari amaze yigisha, akora ibitangaza, akababarira abanyabyaha, ariko kandi akamaganwa n’abakuru b’idini ya Kiyuda babonaga ko asenya imigenzo n’amategeko bari bazi.

Nyuma y’ifunguro rya nyuma, Yesu yagiye gusenga mu gashyamba ka Getsemane, aho yaje gufatirwa na Yuda Isikariyota wamugurishije ku biceri 30 by’ifeza.

“Baramufata bamushyira kwa Kayafa, umutambyi mukuru, aho abigishamategeko n’abakuru b’Abayuda bari bateraniye.” – Matayo 26:57

Icyo gihe, Yesu yaciye imbere y’urukiko rw’abayobozi b’Abayuda, hanyuma yoherezwa imbere ya Pilato, guverineri w’Abanyaroma. Nubwo Pilato atigeze abona icyaha muri Yesu, yashyizweho igitutu n’imbaga yamusabaga kumubamba, maze yemera ko abambwa.

“Pilato arababwira ati ‘Mbese nzabambisha Umwami wanyu?’ Abakuru b’abatambyi baramusubiza bati ‘Nta wundi mwami dufite, uretse Kayisari.’ Nuko Pilato amushyikiriza ngo abambwe.” – Yohana 19:15-16

Nyuma yo gufatwa, agakubitwa ibiboko, agacibwa mu maso ndetse agakorerwa n’ibindi byinshi by’iyicarubozo, Yesu yabambwe ku musaraba ku musozi wa Goligota. Ku musaraba, yagize umubabaro ukomeye, ariko agira amagambo y’imbabazi, urukundo mu gukunda abantu.

“Aravuga ati ‘Data, bababarire kuko batazi ibyo bakora.’” – Luka 23:34

Yapfuye saa cyenda z’amanywa (3:00pm), isi irijima, igitambaro cyari gikinjirije ahera gitabukamo kabiri, hatangira ibihe bishya byo gukira no gucungurwa.

Nyuma y’ibyo, Yesu yaragije ubuzima bwe Imana hanyuma ahita atanga nk’umwami. “Yezu asemerera ijwi rirenga, ati ‘Data, nshyize ubugingo bwanjye mu maboko yawe.’ Amaze kuvuga atyo arapfa.” – Luka 23:46

Uwa Gatanu Wera ntusobanurwa gusa nk’umunsi w’akababaro, ahubwo ni umunsi ushimangira urukundo rukomeye Imana yagiriye abantu. Nk’uko intumwa Pawulo abivuga:

“Imana yerekanye urukundo rwayo kuri twe, kuko Kristo yadupfiriye mu gihe twari abanyabyaha.” – Abaroma 5:6-8

Uyu munsi niwo shingiro ry’ijambo “Icungurwa”. Niwo munsi Yezu yapfiriyeho kugira ngo arimbure icyaha, agire abantu bashya, kandi abazanire ubugingo buhoraho.

“Ni ukuri ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, afite ubugingo buhoraho kandi ntiyinjira mu rubanza, ahubwo yavuye mu rupfu ajya mu bugingo.” – Yohana 5:24

Uyu munsi wa gatanu ubanziriza umunsi wa pasika aho abakirisitu hirya no hino ku Isi baba bizihiza izuka rya Yesu Kirisitu umwana w’Imana nk’uko babyizera.

Uyu munsi nibwo Abakirisitu ku Isi hose bibuka uko Yesu yakubiswe akababazwa ndetse akabambwa kugira ngo acungure abari ku Isi hose


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...