Abitabiriye igikorwa cyo Kwibuka cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Mutete, bahawe ikiganiro
kigaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, uburyo yateguwe
ikanashyirwa mu bikorwa ariko kandi igahagarikwa n'abana b'u Rwanda.
Ni ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri Bizimana nk’uko
byatangajwe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu
ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X.
Mu mpanuro zatanzwe na Minisitiri Bizimana asoza
ikiganiro cye i Mutete,
Yakomeje ashishikariza abari aho, gukomera ku buyobozi bwiza
anavuga ko nta maraso azongera kumeneka mu Rwanda, kandi ko u Rwanda ari ur'Abanyarwanda bose. Ibi yabigarutseho agira ati: “Ubuyobozi bwiza
butubanisha tubukomereho. Ni cyo kizatuma imyaka amagana, ibihumbi, nta maraso
azongera kumeneka mu Rwanda, rukaba Igihugu dusangiye iteka ryose, ntawe
ukirushamo undi uburenganzira.”
Minisitiri Bizimana yasoje ashishikariza
abari bitabiriye kurwanya icyashaka kubabibamo amacakubiri n’ingengabitekerezo
ya Jenoside, aho yagize ati: “N’aba twaje Kwibuka bifuzaga kuba mu
Rwanda nk’uru nguru. Kubibuka neza ni ukurinda ubumwe bwacu, turwanya icyashaka
kongera kutubibamo amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside.”



Minisitiri Bizimana yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Gicumbi mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994
