Indirimbo ‘Mami’ yasohotse ku wa 7
Ugushyingo 2024, imaze kurebwa n’abarenga Miliyoni 5 ku rubuga rwa YouTube. Ni
indirimbo ihuza imiziki ya Zouk, Afro Pop na Kizomba, ikaba ifite uburebure
bw’iminota 5 n’amasegonda 14.
Yanditswe na Diez Dola afatanyije
n’abandi bantu babiri. Uburyo bw’amajwi bwakozwe na Element Eleéeh, isukwa neza
na Bob Pro, mu gihe amashusho yayo yakozwe na Gad, naho Munezero Chrétien
(Colorist) agira uruhare mu gutuma amashusho agaragara neza ku isura.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Diez
Dola yavuze ko indirimbo ‘Mami’ yayandikiye Ross Kana nta kindi
kimugendekeyeho uretse kuba inshuti ye y’akadasohoka.
Yagize ati: “Ross Kana ni inshuti yanjye.
Hari n’ibindi byinshi yangiriye akamaro. Ni nk’umuvandimwe, nk’uko nagutira imyenda
cyangwa tukagendana muri gahunda zisanzwe. Kubimufashamo rero ni ibisanzwe.”
Diez Dola kandi yashimiye Imana aho amaze
kugera, ndetse n’umubyeyi we wamureze. Yavuze ko indirimbo ‘Zangalewa’ yakorewe
na Producer Prince Kiiiz ari yo yamufunguriye amarembo yo kumenyekana.
Ati: “Intego yanjye ntabwo yahindutse.
Ndashaka kuba umwe mu bahanzi Abanyarwanda bashobora kwizeramo, bakavuga bati
‘uyu ashobora kutugeza kure, akavanaho imbibi z’igihugu’.”
Diez Dola ni umwe mu bahanzi bakiri bato
bari kwigaragaza mu muziki nyarwanda.
Afite impano yo kuririmba, kwandika no
gutanga ubutumwa bufatika, kandi ashyira imbere ubufatanye mu ruganda
rw’umuziki. Akorana bya hafi n’abandi bahanzi, urugero rwa hafi akaba ari Ross
Kana.
Mu gihe gito amaze mu muziki, yamenyekanye
cyane binyuze mu ndirimbo: Zangalewa (yamuhesheje izina), Ratata, Toxic Love, n’izindi.
Diez Dola aracyari umuhanzi wigenga
(Independent Artist), ariko akunze gukorana na ba producer bakomeye mu Rwanda
barimo Prince Kiiiz, Element Eleéeh, na Bob Pro.
Ni umwe mu bahanzi bafite intego yo
kwagura umuziki nyarwanda, aho atangaza ko yifuza guhesha ishema igihugu cye
binyuze mu mpano ye.
Diez Dola yatangaje ko kugira uruhare mu
ndirimbo ‘Mami’ ya Ross Kana byaturutse ku bushuti basanzwe bafitanye
Diez Dola avuga ko hari byinshi Ross Kana
yamufashije, ibintu agereranya no kuba batizanya imyenda
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘RATATA’
YA DIEZ DOLA
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE
TWAGIRANYE NA DIEZ DOLA