Ni ikimenyetso cy’uko n’ahandi tuzakirwa neza- Vestine na Dorcas nyuma y'igitaramo cya mbere muri Canada–AMAFOTO

Iyobokamana - 20/10/2025 9:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ikimenyetso cy’uko n’ahandi tuzakirwa neza- Vestine na Dorcas nyuma y'igitaramo cya mbere muri Canada–AMAFOTO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatangiye ku mugaragaro uruhererekane rw’ibitaramo byari bimaze igihe bitegerejwe, bizabubakira izina rikomeye muri Canada no hanze yayo. Ni urugendo rw’ivugabutumwa n’umuziki rugamije kwegera abakunzi b’indirimbo zabo batuye hanze y’u Rwanda.

Ibi byatangiriye mu gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025 muri Vancouver, umwe mu Mijyi ihenze cyane muri Canada kandi utuwe n’Abanyarwanda bacye.

Nubwo byari bimeze bityo ariko, aba baririmbyi bombi bakiriwe mu buryo budasanzwe n’abakunzi babo n’abakunda indirimbo zihimbaza Imana, bituma igitaramo cyabo cya mbere cyuzura ku buryo byarenze ibyo bari biteze.

Vancouver bakoreyemo igitaramo cyabo cya mbere, ni umujyi uhenze cyane utabamo Abanyarwanda benshi. Ufatwa nk’umujyi wa Kabiri muri Canada uhenze, ndetse utuwemo n'abanyafurika bacye cyane.

N'ubwo bimeze gutya ariko, umujyanama wa Vestine na Dorcas, Murindahabi Irene yabwiye InyaRwanda ko "kubera Imana twabonye abantu buzura 'Salle', aho twakoreye hari huzuye."

Akomeza agira ati "Byari ibintu byiza. Rwari urugendo shuri kuri twe, nk'igitaramo cya mbere tuhakoreye. Abantu b'inaha n'ubwo baba baje bafite umwanya muto ariko uba ubona ko banyotewe no gutarama. Ni ubwa mbere bari babonye Vestine na Dorcas, byari byiza cyane."

Yavuze ko muri iki gitaramo, Vestine na Dorcas bahuriye ku rubyiniro n'umuramyi Adrien Misigaro. Murindahabi yavuze ko ashingiye ku kuntu bakiriwe mu gitaramo cya mbere ari 'ikimenyetso cy'uko n'ahandi turi bukurikizeho tuzahasanga abantu bakeneye gutaramirwa."

Yasobanuye ko bategura ibi bitaramo, bahereye ku Mijyi irimo abantu bacye, hanyuma bazasoreza mu Mijyi ituwe n'abanyafurika benshi harimo nka Ottawa na Montreal.

Yavuze ko kuri gahunda y'ibitaramo bafite, basigaranye ibitaramo bitatu. Ariko kandi bari gutekereza uburyo bazagura ibi bitaramo bikazagera hirya no hino, bakazenguruka Canada.

Anavuga ko muri gahunda bafite harimo no gukorera ibitaramo muri Amerika. Ati "[…] Kuri gahunda y'ibitaramo dusigaranye bitatu. Kubera ko Canada ari nini ntabwo wahita uyirangiza, ariko turi gutekereza ko twakora ibitaramo byo kuyizenguruka tukabona no kujya no mu bindi bihugu nk'Amerika."

Murindahabi avuga ko ashingiye ku bwitabire bw'igitaramo cyabo cya mbere, babwiwe ko ari bo bantu ba mbere babashije gukorera igitaramo muri Vancouver bakabona abantu kuko ubundi abantu benshi barabizi ko muri Vancouver bigoye kubona abantu baza mu gitaramo kuko babi bigoranye.


Vestine na Dorcas bari kumwe n’abakunzi babo ndetse n'abaririmbyi babafashije ku rubyiniro mu gitaramo cyabereye i Vancouver

Umuramyi Adrien Misigaro yabanje guhanga amaso Vestine na Dorcas mbere y'uko nawe aseruka ku rubyiniro mu gitaramo cyihariye


Abitabiriye igitaramo bashimye uburyo aba baririmbyi batanga ubutumwa butuma abantu barushaho kwegera Imana


Iki gitaramo cyabaye icya Kabiri, Vestine Ishimwe aririmbyemo nyuma yo kurushinga


Vestine na Dorcas bafashe umwanya wo gushimira abitabiriye igitaramo cyabo cya mbere muri Canada


Byari ibyishimo bikomeye kuri Kamikazi Dorcas ataramira mu Mujyi wa Vancouver ku nshuro ye ya mbere

Abakunzi b’indirimbo zabo banyuzwe n’uburyo aba bombi baririmbye mu buryo bw’umwimerere kandi bufite ubutumwa


Murindahabi yavuze ko iki gitaramo kibaye ikimenyetso cy’uko n’ahandi bazajya bakirwa neza mu bitaramo bikurikira


Abitabiriye igitaramo bavuze ko byari ibyishimo bidasanzwe kubona Vestine na Dorcas bwa mbere muri Vancouver 


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'YEBO' VESTINE NA DORCAS BITIRIYE IBITARAMO BYABO MURI CANADA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...