Ni gute nakuzuza inshingano zanjye zo kuba umubyeyi mwiza?

Utuntu nutundi - 15/04/2025 2:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni gute nakuzuza inshingano zanjye zo kuba umubyeyi mwiza?

Ese uribuka ibyiyumvo wagize igihe wateruraga umwana wawe ku nshuro ya mbere akivuka? Warishimye cyane, ndetse wiyemeza kumurera neza, umuha icyo akeneye cyose, ndetse ukamubera umubyeyi mwiza. Kuba umubyeyi mwiza rero, si ukugurira umwana wawe impano nziza n’ibindi, ahubwo ni ukumenya indangagaciro z’umubyeyi mwiza kandi ukazikurikiza.

Ushobora kuba waragize impungenge, kuko ugomba kumara imyaka myinshi ukurikiranira hafi uwo mwana. Icyo gihe wahise ubona ko ufite inshingano itoroshye. Nubwo kuva kera inshingano yo kurera  itari yoroshye, muri iki gihe ho byabaye ibindi bindi.

 Kubera iki? Ni ukubera ko Isi yahindutse kurusha uko byari bimeze igihe wari ukiri umwana. Bimwe mu bigeragezo abana bahura na byo, urugero nk’ibyo kuri interineti, ntibyabagaho mu myaka mirongo ishize.

Ibi byose birumvikana, kandi nk’umubyeyi koko ugomba guhangayikira umwana wawe, ukamugira inama kandi ukagerageza kumuba hafi. Ushobora kwibaza uti “Ni gute nakuzuza inshingano zanjye zo kuba umubyeyi mwiza?" Dore inama enye z’ingenzi zagufasha kubigeraho nk’uko tubikesha urubuga Jw.org.

1.    Mugaragarize kenshi ku bintu bibaho mu buzima busanzwe

Uko abana bagenda bakura, babwirwa ibintu byinshi bitari ukuri ku birebana n’ubuzima busanzwe nuburyo bagomba kwitwara, rimwe bakabibwirwa n’urungano ubundi bakabikura mu bitangazamakuru. Ingaruka ibyo bibagiraho, zigaragara cyane cyane iyo bamaze kuba ingimbi n’abangavu. Icyakora ubushakashatsi bugaragaza ko iyo ingimbi n’abangavu bagiye gufata imyanzuro ikomeye, bita cyane ku bitekerezo by’ababyeyi babo, aho kwita ku by’urungano rwabo.

Ni byiza kuganiriza umwana wawe ku bintu byose akeneye kumenya, haba mu buzima rusange ndetse cyane cyane no mu buzima bw’imyororokere, ukamuba hafi mu gihe atangiye kujya abona impinduka ku mubiri we, ukamusobanurira kandi ukamubwira ko ari ibintu bisanzwe, aho kujya kubishakira mu bandi bantu cyangwa ku zindi mbuga bishibora no kumuyobya.

2.   Fasha umwana wawe kumwa no gusobanukirwa ingaruka z’ibyo akora

Nk’uko ukunze kubyumva, cyangwa se nawe ujya ubivuga, “Icyo umuntu abiba nicyo asarura." Mu mibereho ya muntu hafi ya yose, buri wese ashobora kwibonera koko ko ibyo akora byose bigira ingaruka, ndetse ko akenshi usanga abantu bisama basandaye ariko hari n’abagira amahirwe yo kwigira ku makosa yabo.

 Ni byiza rero nk’umubyeyi kwigisha umwana wawe uko agomba kwitwara ariko ukamuha ingero z’ingaruka ibikorwa bye bishobora kumugiraho. Ushobora gukoresha ingero z’ibintu byabayeho, wereke umwana wawe ingaruka zageze ku bantu bafashe imyanzuro mibi, cyangwa imigisha babonye bitewe n’uko bakoze ibyiza.

Nanone ntukabuze umwana wawe kugerwaho n’ingaruka z’amakosa yakoze. Urugero, mu gihe umwana wawe yangije igikinisho cya mugenzi we, ushobora kumubwira gufata kimwe mu bikinisho bye maze akagiha uwo mwana. Ibi bizatuma ubutaha yubaha ibikoresho by’abandi, ndetse nabo abubahe.

3.        Mutoze imico myiza

Abanyarwanda babivuga neza bati “Igiti kigororwa kikiri gito." Uko abana bagenda baba bakuru, bagenda bagira imico ibaranga. Ikibabaje ni uko bamwe bamenyekanira ku ngeso mbi, ariko hakaba n’abandi bihesha izina ryiza. Ni ngombwa rero gutoza umwana wawe imico myiza akiri muto, kugira ngo azayikurane. Ugomba gutoza umwana wawe imico myiza nko gusenga, kubaha, gukundana no gufashanya n'iyindi, kugira ngo abe ariyo imuranga aho ageze hose, ndetse asakaze ibyishimo muri bagenzi be, aho kuba igicibwa.

Aho guhora ubwira umwana wawe ingaruka z’ibikorwa bibi nk’uko tumaze kubibona, ujye umufasha no gutekereza ku mico myiza igomba kumuranga. Umwana agomba gukura azi uko agomba kwitwara mu bandi, ndetse afite n’ikinyabupfura, ibi rero ntabwo byizana ahubwo nk’umubyeyi ugomba kubigiramo uruhare, maze ukamufasha kubigeraho.

4.       Guha umwana wawe urugero rwiza

Ikindi ababyeyi bakunze kwirengagiza, ni uko koko “uwiba ahetse aba bawiriza uwo mu mugongo." Ushbora gutekereza ko ibikorwa byawe ntaho bihuriye n’abana bwawe, n’uburyo bitwara mu gihe ubaha ibyo bakeneye byose. Ibi rero ni ukwibeshya, koko uko umwana akuze abona ababyeyi be bitwara abifatiraho nk’urugero, cyangwa bikamugiraho ingaruka zikomeye. Ntabwo uzajya kubuza umwana wawe ubusinzi, kandi nyamara wowe uhora wasinze, ni byiza rero kuzirikana ku rugero uha abana bawe.

Nk’umubyeyi, ni byiza guharanira ko umwana wawe akurana ikinyabupfura, kandi agakura afite imico myiza. Ariko mu gihe utereye agati mu ryinyo, izo nshingano zo kurera ukazirengagiza, icyo gihe uzaba ubaye umubyeyi gito. Ugomba rero kuzirikana uruhare rwawe mu kurera neza.


Umwanditsi:

Yanditswe 15/04/2025 2:17 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...