Naramwizeraga! Afrique yavuze uburyo uwari ‘Manager’ yamutwaye shene n’ibihangano bye- VIDEO

Imyidagaduro - 02/05/2025 2:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Naramwizeraga! Afrique yavuze uburyo uwari ‘Manager’ yamutwaye shene n’ibihangano bye- VIDEO

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Kayigire Josue uzwi mu muziki nka Afrique, yatangaje ko yahuye n’akaga gakomeye nyuma yo gutakariza icyizere uwari umujyanama we, Real Pac, wamwambuye shene ye ya YouTube n’ibihangano bari bamaze gukorana.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Afrique yavuze ko kuva yatangira umuziki mu myaka itatu ishize, yahuye n’imbogamizi zitandukanye zirimo no kwizera Real Pac, wamutwaye umutungo we w’umuziki mu buryo atigeze abitekerezaho bihagije.

Ati: “Bitewe n’intego nari mfite ndetse n’ukuntu nabonaga ibintu biri gutera imbere, nabonaga ko turi mu nzira nziza. Nyuma yaje guhinduka, cyane cyane ubwo indirimbo ‘Agatunda’ yatangiraga gukundwa. Yahise ambwira ngo twasinye amasezerano ya kinyamwuga, nanjye nari nshyushye sinatekereza kabiri.”

Afrique yasobanuye ko amasezerano y’imyaka ibiri yari afitanye na Real Pac yarangiye, ariko bakomeza gukorana nk’abavandimwe. Nyuma y’igihe, yatangiye kubona ibihangano bye bitakiri mu biganza bye, maze asanga shene yose yarayitwaye.

Ati: “Sinigeze mufata nka Manager, namubonagamo umuntu wo mu muryango. Nizeraga ko n’iyo amasezerano arangiye twakomeza gukorana, ariko nasanze byose yarabifashe nk’ibye bwite.”

Uyu musore yavuze ko yagerageje kumushaka ngo baganire, ariko Real Pac akamuhisha, ndetse ubu akaba atuye hanze y’u Rwanda. Ibi byatumye agira igihombo gikomeye mu isoko ry’umuziki, kuko indirimbo yakoraga zatindaga gusohoka cyangwa ntizigere zishyirwa hanze.

Ati: “Amasezerano arangiye naramubuze. Ntiyigeze anyemerera umwanya ngo tuganire, ahubwo birangira shene ya YouTube ayitwaye burundu. Byangizeho ingaruka cyane kuko numvaga ko ari we uzishyira hanze, ndategereza ndaheba.”

Kugeza ubu, Afrique avuga ko yafashe umwanzuro wo gutangira bundi bushya, aho ari gukorana na Producer Niz Beat n’umuhanga mu mashusho Fayzo, banamufashije gufungura indi shene nshya ya YouTube.

Ati: “Nabonaga ko nta gahunda afite yo kugaruka cyangwa kugarura ibihangano byanjye. Ni yo mpamvu nahisemo gufungura indi shene, nkongera kubaka izina ryanjye bundi bushya.”

Afrique avuga ko indirimbo zose yakoze ari mu biganza bya Real Pac afite kopi zazo, bityo ko azagenda azishyira kuri shene ye nshya ya Youtube.

Abanyamategeko bemeza ko buri gihe umuhanzi agomba gusoma neza amasezerano mbere yo kuyashyiraho umukono, ndetse akabanza kubiganiraho n’umwunganizi we mu by’amategeko.

Iyo amasezerano adasobanutse neza cyangwa adahuje n’amategeko agenga umutungo bwite mu by’ubwenge, bishobora gutuma ibihangano bifatwa n’uwo bari bafitanye amasezerano.

Amategeko y’u Rwanda ashyira imbere uburenganzira bw’umuhanzi ku bihangano bye, harimo n’uburenganzira ku nyungu zituruka kuri YouTube n’ahandi.

Umuhanga mu by’amategeko avuga ko “iyo umuntu yigaruriye umutungo w’umuhanzi binyuranyije n’amasezerano cyangwa akabikora mu buryo butemewe, bishobora gufatwa nk’ubwambuzi bushukana.” 

Mu myaka itatu amaze mu muziki, Afrique avuga ko yahuye n’igihombo gikomeye nyuma yo gutakariza icyizere Real Pac wiyeguriye umutungo we mu buryo atigeze abitekerezaho bihagije

KANDA HANO UBASHE KUREBA SHENE NSHYA Y’UMUHANZI AFRIQUE

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA AFRIQUE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...