Nafashije abantu ariko sinishyuje - Coach Gael agiye gukura imari ye mu muziki?

Imyidagaduro - 21/04/2025 7:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Nafashije abantu ariko sinishyuje - Coach Gael agiye gukura imari ye mu muziki?

Umushoramari Karomba Gael wamenyekanye nka Coach Gael, yanditse ubutumwa bwaciye igikuba yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ko igihe kigeze kugira ngo ashyire imbaraga mu kwita ku buzima bwe, kurusha gukomeza gushoramari mu bantu yabonye badashima, cyangwa ngo banishyure ibyo yabatanzeho binyuze mu nzira zinyuranye.

Ubutumwa bwe yabushyize mu rurimi rw’Icyongereza, busohoka mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025. Yakoresheje ijambo ‘kujugunya’ mu kugaragaza ko yagerageje gushyira amafaranga hirya no hino mu rwego rwo gufasha abantu ariko ko ntawigeze amwitura ineza.

Arenzaho ko igihe kigeze kugira ngo afate paji nshya mu buzima bwe. Ati “Najugunye/Nataye amafaranga menshi, nafashije abantu benshi mbigiriye ubuntu. Ntawe nigeze mbyishyuza. Ubu igihe kirageze cyo gushyira intumbero yuzuye muri njye no kwiyitaho.”

InyaRwanda yabonye amakuru yizewe avuga ko Coach Gael amaze iminsi ahanganye cyane n’amakuru asohoka muri Label ye ya 1:55 AM mu buryo butunguranye, kandi agasohoka mu buryo butazwi, yagera hanze agaca igikuba.

Cyane cyane kuri shene za Youtube huzuye ibiganiro bivuga ko Element yavuye muri Label ya 1:55 AM, ko yinjiye muri Kina Music, ibindi biganiro bivuga ko na Bruce Melodie yasezeye, bikagaruka ku mushinga wa Diamond, binavuga kuri Coach Gael.

Ni amakuru asohoka mu nzira zitishimiwe, ndetse n’iyo agiye hanze aca igikuba ku buryo ahabanye n’imishinga migari yashoyemo imari. Isoko z’amakuru zivuga ko amakuru menshi yumvikana mu itangazamakuru ataruka mu bahanzi yasinyishije, aho bamwe muri bo baganira n’abantu ku giti cyabo, bagashiduka amakuru yasohotse ‘yongewemo umunyu’.

Ikirenze kuri ibyo, Coach Gael ntiyishimira uburyo shene za Youtube zinyuranye zikoraho abantu bavuga ko ari abasesenguzi bamwambara umunsi ku munsi, bagapyinagaza izina rye, bakagaragaza ko ntacyo yigeze akorera umuziki w’u Rwanda.

Uyu mugabo ariko yanasohoye ubu butumwa nyuma yo kubona uburyo imyitwarire y’abahanzi yasinyishije idahwitse muri iki gihe, nk’uko isoko z’amakuru zibigaragaza.

Hari amakuru yizewe avuga ko agiye guhindura umuvuno mu buryo bujyanye n’uburyo yashoyemo imari, ibishobora kugira ‘ingaruka nziza cyangwa mbi ku bahanzi yasinyishije’.

Ni ubwa mbere, Coach Gael washinze inzu ya Kigali Universe, akanashyira imari mu ikipe ya UGB, avugiye mu itangazamakuru ko abantu yagiriye neza batigeze bamwitura, ariko ko nawe atabishyuje. Ni n’ubwa mbere, agaragaje ko agiye guhindura intumbero ze mu ishoramari agatangira urugendo rushya.

Uyu mugabo amaze imyaka ine mu ishoramari, ndetse yagize uruhare mu kwaguka kw’impano y’abarimo Bruce Melodie, Kenny Sol, Element, Ross Kana na Producer Kompressor.

N’ubwo bimeze gutya ariko, amasezerano ya bariya bahanzi yagiye ajya mu itangazamakuru mu buryo bwamutunguye, ndetse kenshi yafungura imbuga nkoranyambaga agatungurwa no kubona inkuru zivuga ko bamwe basezeye muri Label ye, izindi nkuru zikamwibasira.

Ikibazo ni ‘industry’ yacu

Umushoramari Bad Rama washinze Label ya The Mane aherutse kwandika kuri konti ya Instagram ye, agaragaza ko kuba Coach Gael nta nyungu akura mu gushora imari mu muziki ari ikibazo cy’imiterere y’uruganda rw’umuziki mu Rwanda.

Ati “Uyu mugabo mureke kumukiniraho we na 1:55 AM yiwe. Kuko ikibazo siwe ikibazo, ni imiterere ya ‘industry’ ya showbiz yacu. Kuko mu ijambo ryoroshye ntishobora, ntinashobotse, ntizanashoboka.”

Yavuze ko n’ubwo hari abantu bahinyuza ibikorwa bye, ariko izina Bad Rama zizakomeza kuvugwa ibihe n’ibihe, ashingiye ku bikorwa yakoze mu gihe cye.

Uyu mugabo, yavuze ko yarenze ku gukorera muri Kigali, ajya no muri Amerika mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye, ariko kudatera imbere kw’abantu bashora imari mu muziki mu Rwanda bituruka cyane cyane ku bayibarizwamo.

Kevin Kade wakoranye igihe kinini na Coach Gael, yanditse ubutumwa kuri konti ye ya Instagram, agaragaza ko n’ubwo Coach Gael yafata icyemezo cyo kuva mu muziki, ariko azahora azirikana ko yamwizereyemo ‘igihe nta wundi muntu wabibonaga’.


Coach Gael yatangaje ko igihe kigeze kugira ngo ashyire imbaraga mu kwiyitaho kurusha kunezeza abantu


Coach Gael asohoye ubutumwa bwe mu gihe hari amakuru menshi asohoka muri Label ye mu buryo nawe atungurwa


Coach Gael ntiyishimira uburyo abakoresha umuyoboro wa Youtube bakinira ku izina rye


Kevin Kade yashimye Coach Gael wizereye mu mpano ye akamutera inkunga


Ubutumwa bwa Coach Gael bugaragaza ko agiye gushyira imbaraga mu binezeza umutima we, kurusha gushimisha rubanda


Ubwo ku wa 3 Ukuboza 2023, Coach Gael yari kumwe na Meddy na Bruce Melodie mu mushinga wo kubahuriza mu ndirimbo


Coach Gael ari kumwe na Bruce Melodie bakurikirana imikino ya UGB bashoyemo imari



Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 7:59 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...