Ni
igitaramo yari ategerejweho kwifatanya n’abakunzi b’umuziki we, cyane cyane
abanyarwanda baba muri Canada bamaze igihe bamutegereje.
Mu
itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukuboza 2025, Muyango yavuze ko mu minsi
ishize yibasiwe n'uburwayi ku buryo bwatumye adashobora gukora urwo
rugendo rurerure ndetse no guhagarara ku rubyiniro.
Yavuze
ko n’ubwo yari afite ubushake bwo kujya guhura n’abafana be, ariko atorohewe n’uburwayi.
Hari aho yavuze ati: “Nifuzaga kuza kubaririmbira, ariko nta bushobozi mfite
bwo gukora urugendo cyangwa guhagarara ku rubyiniro.”
Uyu
muhanzi, umaze igihe kinini mu ruganda rw’umuziki nyarwanda, yashimangiye ko
azi neza uburyo iki gitaramo cyari cyitezwe n’abafana be benshi bo muri Canada,
bityo ko kumenya ko atabasha kubageraho bimubabaje cyane.
Ati:
“Ndabizi ko mwari mumpanze amaso. Ndabizi ko mwari mwiteze icyo gihe cyo
gusangirira hamwe umuziki n’ibyishimo. Mbiseguyeho mbikuye ku mutima.”
Muyango
yashimiye abafana be bose bamuhora hafi, bakamushyigikira mu muziki we no mu
mibereho ye ya buri munsi, anavuga ko inkunga n’amasengesho bamuha ari cyo
kimufasha gukomeza kugira imbaraga mu bihe nk’ibi.
Ati:
“Urukundo, inkunga n’amasengesho yanyu birandutira kure ibyo nabasubiza. Kumva
ko mfite abantu bampa agaciro, bampa imbaraga kandi biranshimisha ku buryo
mutakeka.”
Uyu
muhanzi w’imyaka iri mu zabukuru amaze igihe agaragaza ko umuziki ari ubuzima
bwe, ndetse ko kugera ku bafana be baba mu bice bitandukanye by’Isi ari kimwe
mu bimutera umunezero n’icyubahiro.
Mu
gutangaza ubu butumwa, Muyango yasabye abafana be kudacika intege, ahubwo
bakaguma mu mwuka w’ibyishimo no kwizihirwa byari byitezwe muri iki gitaramo.
Yabasabye
by’umwihariko gushyigikira Lionel Sentore, umuhungu we, uri mu bahanzi bari ku
rutonde rw’abazataramira i Montréal.
Ati:
“Ndabasaba ko mushyigikira umwana wanjye Lionel. Azabataramira ku bwacu twese.
Ndabizi ko muzatarama, mukanezerwa kandi mukizihirwa, kuko umunsi ari uwanyu.”
Lionel,
wamaze kumenyekana mu muziki nk’umuhanzi ugaragaza impano ikomeye, ni umwe mu
bagombaga gusangiza abafana ibihe by’umuziki n’umunezero muri iki gitaramo
cyahuriraga hamwe abahanzi batandukanye.
Muyango
asoza avuga ko nubwo atazaba ahari, yizeye ko Imana nimugirira icyizere
n’imbaraga azongera guhura n’abakunzi be bo muri Canada, bakongera gusangira
umuziki, ibyishimo n’ibihe by’ubusabane.
Ati:
“Imana nibishaka, nizeye ko nzongera kugira imbaraga zo kubasura. Nifuza
kuzongera kubaha byibuze umwanya umwe wo gusangirira hamwe umuziki
n’ibyishimo.”
Muyango
yatangaje ko yasubitse kwitabira uruhererekane rw’ibitaramo bya Lionel Sentore
muri Canada
Itangazo
Muyango yasohoye ryumvikanisha ko uburwayi ari bwo bwatumye asubika uru rugendo
rwo muri Canada
