Muri Nigeria bacitse ururondogoro! Diamond yakoresheje arenga Miliyoni 650 Frw mu bukwe bwa Juma Jux gusa

Imyidagaduro - 22/04/2025 8:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Muri Nigeria bacitse ururondogoro! Diamond yakoresheje arenga Miliyoni 650 Frw mu bukwe bwa Juma Jux gusa

Abo muri Nigeria by'umwihariko umunyarwenya Deone yatunguwe n’ubukire bwa Diamond ahishura ko yatanze arenga $450,000 [arenga Miliyoni 650 Frw] mu bukwe bwa Juma Jux.

Mu minsi yashize inkuru nyamukuru mu myidagaduro yo muri Africa yari inkuru y’ubukwe bwa Juma Jux na Priscilla wo muri Nigeria bwabaye mu gihe cy’iminsi itatu.

Diamond Platnumz niwe wari uhagarariye Juma Jux abazwi nka ‘Best man’ ndetse akaba yari mu bamuherekeje mu mihango yo gusaba no gukora ubukwe bwo mu mico ya Nigeria.

Ubu bukwe bwagaragayemo amafaranga atagira ingano haba ku ruhande rw’umugeni, uruhande rw’umukwe ndetse n’uruhande rw’abaherekeje abageni ariko biba akarusho bigeze kuri Diamond Pkatnumz.

Umunyarwenya Deone wari mu bitabiriye ubu bukwe, avuga ko kubera amafaranga Diamond Platnumz yatanze muri ubu bukwe yahamya neza ko ariwe mukire kurenza Wizkid, Burna Boy na Davido abateranyije.

Uyu munyarenya avuga ko Diamond yatanze $350,000 yagiye aha abantu ndetse n’andi $100,100 yahaye Abapolisi bo mu gihugu cya Nigeria kugira ngo babacungire umutekano.

Mu mashusho uyu munyarwenya yashyize hanze, yagize ati “Mu buzima bwanjye ntabwo nizeraga ko abahanzi bo muri Africa y’Iburasirazuba bafite aya mafaranga. Ntabwo ari amagambo ahubwo ni amafaranga. Diamond yaje mu bukwe bwa Priscilla na Jux akoresha arenga $350,000 yo guha abantu gusa ndetse n’andi $100,100 yahaye abapolice muri Nigeria ngo bamucungire umutekano.”

Akomeza agira ati “Si nka ba bahanzi b’aha bagusezeranya ikintu ugategereza ugaheba. Bahanzi bo muri Nigeria, mugende gake hari abandi bafite amafaranga. Reba abahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba amafaranga bafite.”

Aya mafaranga arenga miliyoni 650Rwf ntabwo arimo amafaranga y'aho yagaba, ibyo yaryaga, ibyo yambaraga ndetse n'ibindi nkenerwa. Ni amafaranga yatanze mu bukwe gusa.
Juma Jux na Diamond Platnumz basanzwe ari inshuti magara ndetse bakoranye indirimbo zirimo ‘Enjoy’ yakunzwe cyane hirya no hino ku Isi.

Mu bukwe bwa Juma Jux, Diamond Platnumz yatanze arenga Miliyoni 650Rwf ni ukuvuga arenga $450,000

Diamond yagendaga mu modoka ihenze ndetse yambaye n'imyambaro y'inganda zihenze cyane

Diamond Playnumz yabaye iciro ry'imigani muri Nigeria kubera amafaranga yajugunye mu bukwe bwa Juma Jux

Juma Jux yarasabye, arasezerana akwa Priscilla bari bamaze igihe kitari gito mu munyenga w'urukundo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...