Mukurarinda Gustave yamuritse igitabo ‘The Snowfall’ kivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri Bizimana amusaba kugishyira mu ndimi zose

Amakuru ku Rwanda - 24/04/2025 8:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Mukurarinda Gustave yamuritse igitabo ‘The Snowfall’ kivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri Bizimana amusaba kugishyira mu ndimi zose

Mukurarinda Gustave nk’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yashyize hanze igitabo kivuga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse Minisiti Dr Bizimana Jean Damascène amusaba kugishyira mu ndimi zose zishoboka kugira ngo Isi imenye amateka y’ukuri ku byabaye mu Rwanda.

Ni mu muhango wabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi witabiriwe n’abayobozi batandukanye birimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène.

Mukurarinda Gustave wamuritse iki gitabo, yari yaherekejwe n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze zabanye nawe by'umwihariko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse nawe abaganirira ku gitabo yari amaze imyaka myinshi yandika.

Mukurarinda Gustave yavuze ko iki gitabo yanditse ‘Snowfall’ gikubiyemo ubuhamya bw’uko yabayeho mu gihe cya Jenoside ndetse na nyuma y’aho mu kazi yakoze kugeza agiye gutura mu gihugu cya Canada aho yatekerezaga ko agiye kwiyibagiza ibyabaye gusa asanga si ko bimeze.

Yagize ati "Hari ibihe naciyemo njya muri Canada numva ko ubuzima bugiye guhinduka, ibitekerezo bya Jenoside yakorewe Abatutsi bigashira ariko si ko byagenze. Ibyo naciyemo byose ni byo byatumye mfata icyemezo cyo kwandika."

Avuga ko yatangiye gukunda kwandika ubwo yakoraga muri Africa rights kuko n'ubundi byari ibintu byo kwandika hanyuma yumva yifuza kwivura ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi yandika amateka yayo ariko akabura imbaraga zo kwandika kuko akazi ke ka buri munsi yahuraga n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi buri munsi bikamutera ibikomere bikomeye.

Nyuma ubwo yabonaga amahirwe yo kujya muri Canada, yagezeyo yumva ko ahunze bya bikomere bya buri munsi ndetse n’ubuzima bwe bugiye guhinduka ariko asanga ntabwo ari ko bimeze ahura n’ubuzima bugoye, abura ibitotsi yongera guheranwa n’agahinda.

Haciyeho igihe ari mu buzima bugoye mu gihugu cya Canada, gusa aza kumenya amateka ya bamwe mu ‘basangwabutaka’ batuye mu gihugu cya Canada bahuye n’ibibazo bijya gusa nk’ibyabaye mu Rwanda ariko bikaba bitavugwa kuko nta wanditse ayo mateka.

Nyuma yo kumva amateka yabo no kubona ko amateka yabo yibagiranye kubera ko nta muntu wigeze ubyandikaho, yahise yongera kugira cya gitekerezo cyo kwandika igitabo kugira ngo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi atazibagirana.

Gustave yatangiye kwandika igitabo ariko icapiro ryo muri Canada bakoranye rikomeza kumuvangira kuko bashakaga ko agoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bituma igitabo cye kimara igihe kirekire kitari cyasohoka ngo kijye hanze.

Nyuma yo kucyandika mu nzira zigoye ndetse mu buryo bugoye, Mukurarinda Gustave yaje kugishyira hanze ku wa 25 Werurwe 2025.

Mushiki wa Mukurarinda Gustave witwa Mukurarinda Juliette, yashimiye musaza we ku bwo kugaragaza ubutwari no kugaragariza Isi yose amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 akandika igitabo kibisobanura neza cyane ko cyanditswe n’umwe mu babaye muri ayo mateka.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène yashimiye cyane Gustave Mukurarinda ku bwo kwandika igitabo no kugaragaza ukuri ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 anasaba kwima amatwi abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati: "Birashimisha kumva ubuhamya buri mu gitabo "The Snowfall" cya Mukurarinda Gustave kivuga ku buhamya bwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, kikanagaragaza ubwicanyi bwakorewe Abatutsi muri 1963, ababurokotse batarabashije kwitangira ubuhamya. Ibi biragaragaza agaciro ka RPF Inkotanyi yaduhaye Igihugu aho buri wese afite ubwisanzure, tukabasha kuvuga ibyatubayeho, tugasubiza abacu icyubahiro, tukaruhuka ku mutima."

Nyuma yo kumurika iki gitabo, bamwe bagize amahirwe yo guhita bakigura ndetse Mukurarinda Gustave wanditse iki gitabo abasha kubasinyira.

Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascène yasabye ubufatanye mu kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Mukurarinda Gustave yashyize hanze igitabo 'The Snowfall' kigaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n'ubuzima yabayeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

'The Snowfall' ni igitabo kivuga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Inshuti n'abavandimwe ba Mukurarinda Gustave baje kumushyigikira mu gikorwa cyo kumurika igitabo 'The Sowfall'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...