Muhire Kevin: APR FC nishaka abaruta Claude, Ruboneka, Yunusu na Kagege izatanga Miliyoni 500 Frw kuri buri umwe

Imikino - 16/06/2026 8:00 AM
Share:
Muhire Kevin: APR FC nishaka abaruta Claude, Ruboneka, Yunusu na Kagege izatanga Miliyoni 500 Frw kuri buri umwe

Umukinnyi wo hagati w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Muhire Kevin, yavuze ko amafaranga ari gusabwa na Niyomugabo Claude, Ruboneka Jean Bosco, Nshimiyimana Yunusu na Byiringiro Jean Gilbert (Kagege) kugira ngo bongere amasezerano muri APR FC, ari ayo bakwiye hashingiwe ku musaruro bagaragaje.

Muhire Kevin yabigarutseho nyuma y’umukino wa WHY FC na Stella FC mu irushanwa rya Esperance Football Tournament 2026, aho WHY FC yatsinzwe ibitego 2-0.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda Sports TV, yavuze ko ibiganiro by’amasezerano ari uburenganzira bw’umukinnyi n’ikipe, kandi ko buri ruhande rugomba kuganira rushingiye ku gaciro rwumva gafite.

Yagize ati: “Buri muntu agira uko aganiramo n’ikipe ku masezerano ye. Babareke bakore ibiganiro byabo, APR FC nibona ko bayakwiye bazayahabwa, kandi nibabona abandi babarusha bazabe ari bo bagura.”

Muhire yagaragaje ko aba bakinnyi bafite agaciro gakomeye muri APR FC no mu Ikipe y’Igihugu, cyane cyane nyuma yo kugira uruhare mu gutwara ibikombe bitandukanye muri uyu mwaka.

Ati: “Ku bwanjye ibyo bari kwaka barabikwiye. Begukanye ibikombe bitatu muri APR FC na kimwe mu Amavubi, kandi ku myanya bakinaho nta bakinnyi babarusha.”

Yakomeje ashimangira ko isoko ry’abakinnyi ryazamutse ku buryo kubona abasimbura bafite urwego rungana cyangwa rubarutaurw'aba bakinnyi byasaba amafaranga menshi.

Ati: “Ibihe tugezemo biragoye kandi abakinnyi barahenze. Ndahamya ko APR FC nijya ku isoko ishaka abakinnyi barusha bariya, izabagura miliyoni 500 Frw kuri buri umwe.”

Ibi bije mu gihe amakuru amaze iminsi avugwa agaragaza ko Niyomugabo Claude, Ruboneka Jean Bosco na Byiringiro Jean Gilbert basabye amafaranga arenga miliyoni 100 Frw kuri buri umwe kugira ngo bongere amasezerano, ndetse banifuza umushahara urenga miliyoni 5 Frw ku kwezi. Naho Nshimiyimana Yunusu, bivugwa ko yasabye hagati ya miliyoni 65 na 80 Frw kugira ngo akomeze gukinira APR FC.

Mu gihe ibiganiro bikomeje, ubuyobozi bwa APR FC buracyafite inshingano zo gufata umwanzuro ku hazaza h’aba bakinnyi b’ingenzi bagize uruhare rukomeye mu ntsinzi z’iyi kipe muri uyu mwaka.

Muhire Kevin yavuze ko APR FC nishaka abaruta Claude, Ruboneka, Yunusu na Kagege izatanga miliyoni 500 Frw kuri buri umwe

UMVA UKO MUHIRE KEVIN ASHYIZE UKURI HANZE KURI RUBONEKA NA CLAUDE, IDENI AFITIWE NA RAYON,ITANGAZAMAKURU & APR


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...