Muhanga: Amagi yari ubuhungiro bw'abakunzi b'inyama, na yo yatangiye guhenda

Ubukungu - 28/07/2026 9:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Muhanga: Amagi yari ubuhungiro bw'abakunzi b'inyama, na yo yatangiye guhenda

Bamwe mu baturage b'i Muhanga bavuga ko amagi yari yarababereye igisimbura inyama, ariko na yo yatangiye guhenda.

Mu Ntara y'Amajyepfo, mu Karere ka Muhanga, hari bamwe mu baturage bavuga ko nyuma y'izamuka ry'igiciro cy'inyama, benshi bari batangiye kwitabaza amagi nk'igisimbura cyabafashaga kubona indyo yuzuye. Gusa ubu na yo igiciro cyayo cyatangiye kubahangayikisha, kuko bavuga ko igi ryari risanzwe rigurwa 200 Frw, ubu rigeze kuri 250 Frw.

Ku wa 8 Nyakanga, ikibazo cy'izamuka ry'ibiciro by'inyama ni bwo cyatangiye kuvugwa cyane n'abaturage, bavuga ko ikiro cy'inyama kiri kugura hagati ya 10,000 Frw na 13,000 Frw, bakavuga ko ari igiciro kiri hejuru ugereranyije n'ubushobozi bw'abaguzi benshi.

Kuri ubu, bamwe mu baguzi baganiriye na InyaRwanda bavuga ko nyuma y'uko inyama zihenze, batangiye kwitabaza amagi nk'igisimbura, kuko yari ahendutse kandi akabafasha kubona indyo yuzuye.

Bavuga ko kuba n'amagi na yo yazamutseho 50 Frw byabahangayikishije, banasaba ko hasobanurwa impamvu nyakuri yatumye igiciro cyayo cyiyongera.

Uwitwa Niringiyimana Cartas yagize ati: "Nyuma y'uko inyama zihenze, twatangiye kugura amagi kuko ari yo twabonaga aduhendukiye. None na yo yazamutse ava kuri 200 Frw agera kuri 250 Frw ku gi."

Niyonzima Jean Claude na we yagize ati: "Amagi yari yaradufashije gusimbuza inyama, ariko ubu kugura menshi biragoye. Turifuza kumenya icyateye iri zamuka."

Uwase Aline, umwe mu babyeyi batuye i Muhanga, yavuze ko izamuka ry'ibiciro rikomeje kubaremereza. Yagize ati: "Ibiciro by'ibiribwa bikomeje kuzamuka. Nyuma y'inyama, none n'amagi yiyongereyeho 50 Frw ku gi. Ibi biragora cyane cyane imiryango yari yaratangiye kuyashingiraho nk'igisimbura cy'inyama."

Ku ruhande rw'abacuruzi b'amagi mu Mujyi wa Muhanga, bavuga ko na bo batari kuzamura ibiciro ku bushake. Basobanura ko igiciro baranguriraho cyazamutse, bigatuma na bo bahindura ibyo bagurishaho.

Umwe mu bacuruzi yagize ati: "Igitere cy'amagi twaguraga 4,800 Frw ubu kiragurwa 5,500 Frw. Abaturanguza batubwira ko ari uko bayaranguriye. Natwe nta yandi mahitamo dufite uretse kugurisha dukurikije uko twayaranguriye."

Ku rundi ruhande, umwe mu baranguza amagi baganiriye na InyaRwanda, utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko na bo ikibazo kitabareba bonyine, ahubwo ko abazana amagi ari bo bazamuye ibiciro.

Yagize ati: "Abo turanguraho batubwira ko ubuzima bwahenze. Banavuga ko ibiciro by'ibiryo by'inkoko byazamutse, ari na yo mpamvu baduha amagi ku giciro kiri hejuru, natwe tukabizamura."

Kugeza ubu, nta mpamvu yemejwe ku mugaragaro y'izamuka ry'ibiciro by'amagi. Gusa hari abavuga ko bamwe mu bayagemura bazamuye ibiciro babishingiye ku izamuka ry'ibiciro by'inyama, batekereza ko abaguzi benshi bashobora guhindukira bakagura amagi nk'igisimbura cy'inyama.

Hari n'abandi bavuga ko izamuka ry'ibiciro by'ibiribwa muri rusange ryagize uruhare mu kuzamuka kw'igiciro cy'amagi, kuko na yo yari amaze igihe atarahindura igiciro mu gihe ibindi biribwa byari byaramaze guhenda.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...