Mugisha Gilbert yerekeje muri Botswana

Imikino - 18/08/2026 12:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Mugisha Gilbert yerekeje muri Botswana

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y'u Rwanda ‘Amavubi’, Mugisha Gilbert yerekeje mu ikipe ya Jwaneng Galaxy yo muri Botswana aho yayisinyiye amasezerano y’umwaka umwe.

Gilbert yari amaze igihe yaratumiwe n’iyi kipe kugira ngo ajye kurangiza ibiganiro ashyire umukono ku masezerano. Uyu mukinnyi uheruka gutandukana na APR FC yari amaze igihe akinira yavuye i Kigali tariki ya 8 Kanama, afata indege ya RwandAir yerekeza muri Botswana, anyuze muri Afurika y’Epfo.

Kuri ubu ibiganiro byagenze neza ndetse ashyira umukono ku masezerano y’umwaka umwe.

Mugisha agiye kongera gukorana n’umutoza w’Umubiligi Ivan Minnaert, uherutse guhabwa inshingano zo gutoza Jwaneng Galaxy nyuma yo gutandukana na Vipers SC yo muri Uganda.

Jwaneng Galaxy ni imwe mu makipe akomeye kandi afite izina rikomeye muri Botswana. Ikipe izanakina amarushanwa ya CAF Confederation Cup mu mwaka w’imikino utaha, nyuma yo kwegukana igikombe cy’igihugu.

Mugisha Gilbert yerekeje mu ikipe ya Jwaneng Galaxy yo muri Botswana



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...