Mu kubaka Ingoro nini i Kibeho nta kizasenywa mu bimenyetso byibutsa amateka y'Amabonekerwa i Kibeho

Iyobokamana - 16/04/2025 3:54 PM
Share:

Umwanditsi:

Mu kubaka Ingoro nini i Kibeho nta kizasenywa mu bimenyetso byibutsa amateka y'Amabonekerwa i Kibeho

Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yatangaje ko mu mushinga wo kubaka Ingoro Nini i Kibeho, nta kizasenywa mu bimenyetso byibutsa amateka y'Amabonekerwa bisanzwe i Kibeho ari byo: Ingoro y'Ububabare Burindwi bwa Bikira Mariya, Shapeli y'amabonekerwa n'ahahoze hubatse uruhimbi babonekererwagaho.

Muri urwo rwego, Abepisikopi barasaba Abakristu kwima amatwi ibihuha byose bivuga ibihabanye n’ibi. Mu ibaruwa yasohotse kuwa 15 Mata 2025, ivuga ku mabonekerwa n'Ubutumwa bwa Kibeho, Abepiskopi batangaje ko iyi ngoro hamwe n'ibindi bimenyetso biranga amateka ya Kibeho bitazasenywa nk'uko bamwe bamaze iminsi babivuga.

Bagize bati: "Mu kubaka iyo Shapeli nini, tuzitwararika kutagira ibyo dusenya. Ingoro y'ububabare burindwi bwa Bikira Mariya izagumaho, ntizakorwaho."

Uretse Ingoro y'Ububabare burindwi bwa Bikira Mariya, Abepiskopi bavuga ko mu rwego rwo gusigasira ibimenyetso by'Amateka ya Kibeho, n'ibindi bimenyetso biranga amateka ya Kibeho nka Shapeli y'Amabonekerwa n'uruhimbi babonekererwagaho, na byo bitazakorwaho muri uyu mushinga.

Nk’uko tubikesha Kinyamateka, Abepiskopi batangaje ibi nyuma y'aho hagiye hagaragara ibihuha, byavugaga ko mu mushinga wo kubaka ingoro nini i Kibeho, hazakoreshwa ahubatse Ingoro ihari ubu ndetse iyo ngoro ikaba yasenywa cyangwa ikubakirwaho indi.

Abakristu bakomeje kugaragaza ko batishimiye ibi bivugwa banasaba ko babwirwa ukuri kuri uyu mushinga.

Nk'uko bigaragara muri iyi baruwa, Abepiskopi mu Nama yabo, batanze ibisobanuro birambuye kuri uyu mushinga, baboneraho no gusaba abakristu kwirinda ibihuha n'abababwira ubundi butumwa ku byerekeye Kibeho batari ababiherewe ububasha na Kiliziya.

Bati: "Turabibutsa ko ku birebana n'ubutumwa bw'Amabonekerwa i Kibeho n'uko abakristu bakwiye kubyifatamo, bireba umwepiskopi wa Diyosezi ya Gikongoro; umurongo atanze ni wo abakristu bagomba gukurikiza. Nta wundi muntu uwo ari we wese ufite uburenganzira bwo gutanga amabwiriza n'imyifatire abakristu bagira mu kwemera kwabo, atari abashumba Imana yabahaye."

Hano ni ho bahera basaba abakristu kwima amatwi ababazanamo urujijo bavuga ku Mabonekerwa ya Kibeho haba ku butumwa cyangwa ku babonekewe, dore ko na n'ubu hari abavuga ko hari abandi babonekewe ndetse bakibonekerwa nan'ubu batari abemejwe na Kiliziya.

Umushinga wo kubaka Ingoro nini yitwa "Iyegerana ry'Abatatanye" watangijwe no gushaka ubutaka izubakwaho, kuri ubu hakaba harimo kwegeranywa amafaranga 4,294,861,441 yo kugura no kwimura abakoreraga kuri ubu Butaka bwegereye ahari Ingoro ya Kibeho.


Umwanditsi:

Yanditswe 16/04/2025 3:54 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...