Mu Butaliyani: Yiyemereye kwica umuhungu we amutemaguye abifashijwemo n'umukazana we

Utuntu nutundi - 11/08/2025 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Mu Butaliyani: Yiyemereye kwica umuhungu we amutemaguye abifashijwemo n'umukazana we

Mu Butaliyani, umugore witwa Lorena Venier w’imyaka 61 yemereye inzego z’ubutabera ko yishe umwana we, Alessandro Venier w’imyaka 35, akamutemagura mu bice bitatu akoresheje urukero, abifashijwemo n’umukazana we, Mailyn Castro Monsalvo w’imyaka 30. Iperereza rivuga ko bari bamaze amezi bapanga uru rupfu, bavuga ko rugamije guhashya ihohoterwa rishingiye ku mubiri n’amagambo yo kwigomeka Alessandro yabwiraga umugore we.

Ku wa 25 Nyakanga 2025, Mailyn ni we wahamagaye polisi atanga ikirego ndetse yemera uruhare rwabo muri ubu bwicanyi. Polisi yasanze umurambo w’uwishwe mu nzu yo munsi y’aho babanaga n’umugore we, nyina n’umwana muto, mu mujyi wa Gemona del Friuli, mu gace ka Friuli-Venezia Giulia.

Lorena, wari umuforomokazi, yabwiye urukiko ko ari we watemaguye umurambo w’umuhungu we mu bice bitatu, akoresheje urukero n’igitambaro cyo gufata amaraso kugira ngo adasandara, ku buryo abapolisi basanze inzu imeze nk’aho nta kintu cyabaye. Yemeje ko hari hashize igihe umukazana we amusabye kumwica, by’umwihariko guhera ku munsi babyariyeho muri Mutarama.

Lorena ashinja umwana we gukubita umugore we, kumutuka no kumutera ubwoba ko azamwica, ndetse ngo yanirengagije indwara y’agahinda gakabije yatewe no kubyara. Ati: “Igihe nageragezaga kubivuga, yankubise mu mugongo.” Yavuze kandi ko Alessandro yabwiye umugore we ukomoka muri Colombia amagambo amukomeretsa, amubwira ko azamujyana muri Colombia akamuroha mu mugezi.

Ubushinjacyaha buvuga ko Lorena na Mailyn babanje kumuha umutobe wa limonade wavanzwemo umuti usinziriza, bagakurikizaho kumuha inshuro ebyiri za insuline Lorena yakuye ku bitaro yakoragaho, kugira ngo atakaze ubwenge. Nyuma bamupfukishije umusego bamuniga bakoresheje imishumi y’inkweto. Umugore we yahise ajyana umurambo mu igaraji arawuhisha kugira ngo he kumvikana impumuro mbi.

Bitewe n’uko Alessandro yari yarabwiye inshuti ze ko ashobora kwimukira muri Colombia, bari bateganyije gukoresha iyo nkuru nk’impamvu yo gusobanura ko yaburiwe irengero. Ariko Mailyn yahise ahamagara polisi, yemera uruhare rwe. Lorena yemeje imbere y’umucamanza ko umukazana we ari we wahishe umurambo.

Kuri ubu, Lorena akurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi no guhisha umurambo, naho Mailyn ari kugenzwa ku cyaha cyo gutera abandi gukora ubwicanyi.

Mu Butaliyani, umugore akurikiranweho kwica umuhungu we abifashijwemo n'umukazana we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...