MTN yatangiye guhemba abanyempano mu bigo by’amashuri binyuze muri Gen-z Comedy

Imyidagaduro - 20/10/2025 9:32 AM
Share:

Umwanditsi:

MTN yatangiye guhemba abanyempano mu bigo by’amashuri binyuze muri Gen-z Comedy

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangiye guhemba abanyempano mu ngeri zinyuranye z’ubuhanzi cyane cyane abanyarwenya, babarizwa mu mashuri yisumbuye binyuze muri gahunda yitwa “Gen-z Comedy School Tour” igamije gususurutsa urubyiruko no kurufasha kugaragaza impano zarwo.

Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira 2025, ni bwo abanyeshuri 16 bo mu kigo cya Saint Aloys Rwamagana bahembwe. Bahawe ibikoresho by’ishuri birimo ibikapu byo gutwaramo amakayi, amacupa y’amazi n’imipira (T-shirts) bifite ibirango bya MTN, nk’ikimenyetso cyo gushimira abagaragaje ubuhanga mu gusetsa no gususurutsa bagenzi babo, ariko biri no mu murongo wo gushyigikira abanyempano.

Fally Merci utegura ibi bitaramo bya Gen-Z Comedy binyuze muri C.I.M, yabwiye InyaRwanda ko bishimira kuba MTN Rwanda iri kubafasha kugeza urwenya mu bigo by’amashuri, ndetse ikanafasha gutera imbaraga abanyempano bato.

Yagize ati: “MTN iri kudufasha kugeza urwenya ku banyeshuri. Ndetse n’abanyempano tuhasanze turi kubaha ibihembo bitandukanye bitangwa na MTN. Ni uburyo bwo kubatera inkunga no kubereka ko impano zabo zifite agaciro.”

Uretse gutanga ibihembo, iyi gahunda inagamije gushinga ‘Clubs za Comedy’ mu bigo by’amashuri, nk’uko Fally Merci yakomeje abisobanura. Ati “Turi kugenda dushinga Clubs z’urwenya mu bigo by’amashuri, kuko natwe niho twabitangiriye. Turashaka gufasha abana kuzamura impano zabo bakiri bato.”

Iyi gahunda ya Gen-Z Comedy yatangijwe mu rwego rwo gufasha urubyiruko rw’amashuri yisumbuye gukura mu bushobozi bwo kwihangira umurimo, kurushaho kwigirira icyizere no guteza imbere impano zishingiye ku gusetsa.

Iyi gahunda yo kugera mu bigo by’amashuri, yatangiriye mu ishuri ryisumbuye rya Gitisi Technical Secondary School riherereye mu Karere ka Ruhango, mu gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Ukwakira 2025.

Mu myaka itatu ishize, Gen-Z Comedy Show imaze kuba urubuga rukomeye mu kuzamura abanyarwenya bashya no gususurutsa abakunzi b’urwenya mu bitaramo bikomeye byaberaga Camp Kigali, aho yahurizaga abanyarwenya b’ingeri zitandukanye bo mu gihugu hose.

Ibi bitaramo byatumye bamwe mu banyarwenya bamenyekana ku rwego rw’igihugu barimo Pirate, Kandii, Rumi n’abandi benshi babona urubuga rwo kwigaragaza no gukura mu mwuga wabo.

Byabaye kandi isoko y’ibitekerezo bishya mu myandikire y’urwenya, bituma n’urwego rw’imyidagaduro mu Rwanda rubona umusanzu ukomeye w’urubyiruko.

Fally Merci yongeraho ati: “Ibi bitaramo byo muri Camp Kigali byaduhaye icyizere ko urwenya rushobora kuba umwuga wubaka ubuzima. Ubu turimo gukomeza uwo murongo, gusa noneho tugashora imizi mu mashuri kugira ngo impano zizamukire aho ziri hose.”

Ibi bitaramo bya Gen-Z Comedy Show bikomeje kuba isoko y’ibyishimo no guteza imbere ubuhanzi bishingiye ku gusetsa, bigaragariza ko urwenya narwo rufite uruhare rukomeye mu kubaka urubyiruko rufite icyerekezo n’ubumenyi bujyanye n’ibihe.

MTN Rwanda yatangiye guhemba abanyempano mu mashuri yisumbuye binyuze muri gahunda ya Gen-Z Comedy  


Abanyeshuri 16 bo muri Saint Aloys Rwamagana bahembwe ibikoresho by’ishuri birimo ibikapu, amacupa y’amazi n’imipira byatanzwe na MTN Rwanda 


Fally Merci avuga ko MTN iri kubafasha kugeza urwenya mu bigo by’amashuri no gushimira abanyempano bato


 

Gen-Z Comedy iri no gushinga ‘Clubs za Comedy’ mu mashuri yisumbuye kugira ngo izamure impano z’urwenya mu rubyiruko 

MTN Rwanda ikomeje gushyigikira ubuhanzi n’impano z’urubyiruko, binyuze mu bikorwa biteza imbere ubusabane n’imyidagaduro mu mashuri


Umunyarwenya wamamaye nka 'Umushumba' yatanze impano kuri bamwe mu banyarwenya bahize abandi


Umunyarwenya wamamaye nka 'Kadudu' ni umwe mu bataramiye kuri Saint Aloys, ku wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025

Umunyarwenya uzwi nka Muhinde, uzwi cyane mu bitaramo bya Gen-z Comedy yasusurukije abanyeshuri

Umunyarwenya wamamaye nka Pilate yatanze ibyishimo ku banyeshuri biyumvamo impano z'urwenya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...