Mr Eazi yagarutse i Kigali mu ishoramari- AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/05/2025 1:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Mr Eazi yagarutse i Kigali mu ishoramari- AMAFOTO

Umuririmbyi w’icyamamare ku mugabane wa Afurika akaba n’umushoramari, Mr Eazi, yasuye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Gicurasi 2025, aho yakiriwe n’Umuyobozi Mukuru wacyo Jean-Guy K. Afrika, mu biganiro byibanze ku mahirwe ari mu rwego rw’imikino ikinirwa kuri murandasi (online gaming) no gushimangira ubushake bwo gukorana mu ishoramari.

Mr Eazi, usanzwe ari Perezida wa Choplife Gaming Ltd, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere ikoranabuhanga, ashimangira ko yiteguye gukorana n’inzego zitandukanye mu gufasha uru rwego gukura mu buryo burambye kandi rufitiye igihugu akamaro.

Nyuma yo gukorana na betPawa mu 2017 nk’intumwa y’ubucuruzi, Mr Eazi yaje kwinjira mu buyobozi bw’iyi kompanyi mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Ibi byamuhaye ubunararibonye bwatumye atangiza Choplife Gaming Ltd, urubuga rw’imikino ishingiye ku gutega (betting), casino, n’imikino ya ‘virtual’, rufite icyicaro i Kigali mu Rwanda.

Choplife igamije gutanga serivisi zizewe kandi zorohereza abakoresha, ariko kandi igashyira imbere ubufatanye n’imishinga y’iterambere nk’uburezi, siporo n’imibereho myiza, binyuze muri Choplife Foundation.

Imikino ikinirwa kuri murandasi ifite uruhare runini mu bukungu bw’igihugu. Iyi mikino iramutse igenzuwe neza, ishobora:

Kongera imisoro n’amafaranga yinjira mu isanduku ya Leta, kurema imirimo ku rubyiruko rufite ubumenyi mu ikoranabuhanga, guteza imbere ubukerarugendo n’imikino mpuzamahanga (e-sports), gukurura abashoramari n’ikoranabuhanga rihanitse, no gukumira ingaruka zishobora guterwa n’iyi mikino.

Nubwo ifite akamaro, iyi mikino ishobora kugira ingaruka mu gihe itagenzuwe. Muri zo harimo: kwishora mu mikino birenze urugero, gutakaza umutungo, ubujura bw’amakuru y’abakoresha, n’imyitwarire mibi ku rubyiruko.

Mr Eazi yigeze kuvuga ko Choplife ishyira imbere ubukangurambaga ku gukina mu buryo buboneye, kandi ikagira uruhare mu gutanga uburezi ku mikino idateza ibibazo.

Mr Eazi yashimangiye ko Choplife Gaming yifuza gukomeza gushora imari mu Rwanda, gufasha abahanzi, siporo n’urubyiruko, no gutanga amahirwe yo kwiga no gukora mu rwego rw’imikino.

Ibi biganiro byasize icyizere cy’uko u Rwanda ruzakomeza kuba igicumbi cy’udushya n’ishoramari rishingiye ku ikoranabuhanga.

Mr Eazi wamamaye mu ndirimbo ‘Leg Over’ yaganiriye n’Umuyobozi wa RDB, mu biganiro byibanze ku iterambere ry’imikino ikinirwa kuri murandasi mu Rwanda 

Ibiganiro by’impande zombi byibanze ku mahirwe ari mu rwego rw’imikino ikinirwa kuri murandasi (online gaming) no gushimangira ubushake bwo gukorana mu ishoramari

 
Mr Eazi yashoye imari mu Rwanda mu mukino y’amahirwe binyuze mu kigo cya ‘Betpawa’ yatangije, ndetse yateye inkunga amakipe arimo Rayon Sports

 

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Jean-Guy K. Afrika

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YAMAMAYE 'LEG OVER' YA MR EAZI




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...