Hashize imyaka itari myinshi ariko na none itari na micye Moïse Runezerwa atangiye urugendo rw’umuziki, ahereye ku ndirimbo ‘Ntacyo mfite’ yakoranye na Phablah, ‘Umutabazi’, ‘Ntubeshya’ ndetse na ‘Sinicuza’ yakoranye na Gaby Irenze Kamanzi, uri mu bahanzikazi bamaze igihe mu mirimo w’Imana.
Yabwiye InyaRwanda ati:“Inganzo yayo yavuye ku buhamya bwinshi nakurikiye bw’abantu mbese tujya tubwumva iyo umuntu ashima Imana akavuga ko Imana yari yaramusezeranije ikintu ariko kubera gutegereza igihe kirekire akabifata nk'ibyoroheje, nyuma Imana yabikora bikamutangaza bigatuma arangurura rwose akavuga ibyo Imana yakoze."
Moïse Runezerwa avuga ko
yatangiye urugendo rw’umuziki mu mpera za 2019, ubwo yafataga icyemezo cyo
gutangira gukora indirimbo ze bwite. Ni nyuma y’igihe kitari gito inshuti ze
zimubwira ko afite impano yo gukuza mu nguni zose.
Uyu muhanzi wavutse mu
1994, yatangiye kwihuza n’umuziki kuva mu 2012 ari mu itsinda ry’abacuranzi aho
asengera. Urugendo rwe rwatangiye ku myaka 17 y’amavuko, ubwo yari akiri ku
ntebe y’ishuri mu mashuri yandika indirimbo mu ikayi.
Mu 2021, Runezerwa
yabwiye InyaRwanda ko yinjiranye mu muziki intego yo gukora indirimbo zivuga
Yezu/Yesu Christo nk’Umwami n’umukiza zifite ubutumwa bukora ku ndiba
y’umutima.
Umuramyi Moïse Runezerwa yakanguriye abantu kujya bibuka gushima Imana mu ndirimbo nshya yashyize hanze
Ahamya ko uwizera ko ibyo ageraho byose haba harimo ukuboko kw'Imana aba akwiye kuyishima
Arakataje mu murimo w'Imana akora abinyujije mu ndirimbo zikubiyemo ubutumwa bwiza
Nyura hano urebe indirimbo nshya ya Moïse Runezerwa yise 'Rangurura'