Monzer Ali uherutse kwakirwa nk’umuyobozi mushya wa MTN Rwanda yashimiye Mapula Bodibe wamuharuriye inzira

Kwamamaza - 24/04/2025 8:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Monzer Ali uherutse kwakirwa nk’umuyobozi mushya wa MTN Rwanda yashimiye Mapula Bodibe wamuharuriye inzira

Umuyobozi mushya wa MTN Rwanda, Monzer Ali, yashimiye byimazeyo ikipe y'iki kigo cy'itumanaho uburyo yamwakiriye neza, ashimira na Mapula Bodibe agiye gukorera mu ngata.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Monzer Ali yagize ati: “Ndashimira ikipe ya MTN Rwanda ku buryo bw’indashyikirwa mwanyakiriyemo! Ntewe ishema no gukurikira inzira y’uwambanjirije, Mapula Bodibe, wagaragaje ubuyobozi butanga icyerekezo n’ishyaka ridashidikanywaho. Nishimiye uru rugendo rushya rwo gukomeza kubaka kuri uru rufatiro rukomeye, tugatangira ibihe bishya by’ubudasa turi hamwe!”

Ibi Monzer abitangaje nyuma y'uko babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, MTN Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Mapula Bodibe wari umuyobozi wa MTN Rwanda usimbuwe na Monzer Ali watangiye imirimo ye ku wa 22 Mata 2025.

Mapula Bodibe ukomoka mu gihugu cya Afurika y’Epfo yari kuri uyu mwanya kuva mu mwaka wa 2022 ubwo yari asimbuye Mitwa Ng’ambi wari umaze igihe ari Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda wari wahawe kuyobora MTN Cameroun asimbuye Stephen Blewett utakiri umukozi w’icyo kigo.

Ku wa Kabiri tariki ya 22 Mata 2025, nibwo Monzer Ali yakoze ihererekanya bubasha na Mapula Bodibe ndetse atangira inshingano ze nk’umuyobozi wa MTN Rwanda.

Mu butumwa iki kigo cy’itumanaho cya mbere mu Rwanda cyanyujije ku mbuga nkoranyambaga zacyo, cyifurije ishya n’ihirwe Mapula Bodibe ndetse banaha ikaza Monzer Ali. Bati: “Umunsi w’amarangamutima menshi dutangira ipaji nshya. Twishimiye ibyo twagezeho n’umuyobozi wacu ugiye, Mapula Bodibe, turagushimiye ku buyobozi bwawe, umuhate, n’urukundo wageretse kuri MTN Rwanda.”

Kuri uwo munsi ni nabwo bahaye ikaze Monzer Ali ugiye gukurira mu ngata Mapula kuri uyu mwanya.

Ali Monzer afite uburambe bw’imyaka 24 mu rwego rw’itumanaho. Yatangiye gukorera MTN mu 2004, aho yagiye ahabwa imyanya itandukanye y’ubuyobozi. Monzer yari asanzwe ari Umuyobozi wa MTN, ishami rya Sudani y’Epfo, kuva tariki ya 1 Mata 2024.

Mbere yo kuba Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’iyi sosiyete muri Sudani y’Epfo, yari Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’amakuru muri MTN Uganda.

Ali Monzer agizwe umuyobozi wa MTN Rwanda avuye ku mwanya w’ubuyobozi muri MTN Sudan y’Epfo.

Monzer Ali yashimiye Mapula Bodibe wamubanjirije ku buyobozi muri MTN Rwanda, yizeza gutera ikirenge mu cye

Uyu muyobozi mushya wa MTN Rwanda yijeje ubufatanye n'abo asanze mu kurema ibindi bishya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...