Miss Nishimwe Naomie aritegura kwibaruka imfura

Imyidagaduro - 11/08/2026 12:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Miss Nishimwe Naomie aritegura kwibaruka imfura

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020, yatangaje ko we n’umugabo we Michael Tesfay bari kwitegura kwakira umwana wabo wa mbere, avuga ko ari umugisha ukomeye Imana yabahaye.


Ni inkuru y’ibyishimo kuri Nishimwe Naomie n’umuryango we, nyuma y’uko uyu mugore wamamaye ubwo yambikwaga ikamba rya Miss Rwanda 2020 atangaje ko ari kwitegura kwakira imfura ye.

Naomie yabitangaje abinyujije kuri konti ye ya Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, aho yashyize ubutumwa bushimira Imana ku bw’umugisha wo kuba we n’umugabo we bagiye kuba ababyeyi.

Mu butumwa bwe, Naomie yavuze ko umwana bategereje yamaze gukundwa bikomeye, ndetse agaragaza ko we na Michael Tesfay bafite amatsiko yo kumubona.

Yagize ati: “Mana yanjye ni Yahweh. Yesu, ndagushimira cyane kuba watugize ababyeyi. Ndagushimira ko wakomeje gusohoza isezerano ryawe, ukaduha umugisha w’uyu mwana wacu w’agaciro, umaze gukundwa kurusha uko amagambo yabasha kubisobanura. Ntidushobora gutegereza igihe tuzabonera.”

Ijambo “rainbow” yakoresheje mu gusobanura umwana wabo rifite uburemere bwihariye ku mateka y’umuryango wabo.

Mu gitabo cye More Than a Crown, Naomie yigeze kuvuga ku kindi gihe yanyuzemo ubwo inda yari atwite yavagamo, ibintu yavuze ko byabaye mu bihe byamugoye cyane mu buzima bwe.

Ni igice cy’ubuzima bwe atagarukiyeho cyane mu ruhame, ariko yahisemo kugishyira mu gitabo cye, agaragaza ko kuba Miss Rwanda no kuba umuntu uzwi bitavuze ko umuntu adahura n’ibibazo by’ubuzima n’ubuzima bwite. Abigarukaho kuri Shapitire (Chapter) ya Cyenda mu gitabo cye.

Ni nk’aho nyuma y’igihe cy’ububabare, umuryango we wongeye kwakira inkuru y’ibyishimo.

Amakuru y’uyu mwana aje mu gihe Naomie amaze hafi imyaka ibiri yubakanye na Michael Tesfay, ukomoka muri Ethiopia.

Bombi basezeranye imbere y’amategeko ku wa Gatanu tariki ya 27 Ukuboza 2024 mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’iminsi ibiri, ku Cyumweru tariki ya 29 Ukuboza 2024, bakoze ibirori byo gusaba no gukwa, aho imihango yabo yaranzwe no kuvanga imico y’u Rwanda na Ethiopia.

Ubukwe bwabo bwitabiriwe n’abagize imiryango yabo, inshuti ndetse n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro nyarwanda, barimo Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016.

Kuva icyo gihe, Naomie na Michael bakomeje kubaka ubuzima bwabo nk’umugabo n’umugore, kure y’urusaku rwinshi rw’ubuzima bwo mu marushanwa y’ubwiza n’imyidagaduro.

Nishimwe Naomie ni umwe mu bakobwa bagize amateka mu marushanwa ya Miss Rwanda, nyuma yo kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2020.

Icyo gihe, ikamba ryamushyize mu ruhando rw’abakobwa bamenyekanye cyane mu Rwanda, amenyekana mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ubwiza, umuco n’imibereho y’urubyiruko.

Mu myaka yakurikiyeho, Naomie yakomeje kugaragara mu bikorwa bitandukanye, ndetse nyuma y’igihe yinjira mu buzima bw’urushako.

Mu Ukuboza 2025, yamuritse igitabo cye More Than a Crown, cyibandaho ku buzima bwe kuva mu bwana, urugendo rwe muri Miss Rwanda ndetse n’ubuzima bwe nyuma yo gukura no gushaka.

Ni igitabo yifashishijemo kuvuga ku bice bitandukanye by’ubuzima bwe bitari bizwi cyane n’abakurikirana ubuzima bwe, birimo n’ibihe bikomeye yanyuzemo.

Miss Nishimwe Naomie yatangaje ko ari kwitegura kwibaruka imfura ye 


Nishimwe Naomie n’umugabo we barushinze mu mpera za 2024

Miss Naomie aritegura kwibaruka imfura ye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...