Miss Naomie na Bushali mu byamamare binyotewe n’igitaramo gikomeye "Unconditional Love" cya Bosco Nshuti

Imyidagaduro - 11/07/2025 11:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Naomie na Bushali mu byamamare binyotewe n’igitaramo gikomeye "Unconditional Love" cya Bosco Nshuti

Ibyamamare byiganjemo ab’amazina aremereye mu ruganda rw’imyidagaduro y’u Rwanda, bakomeje kugaragaza ko bafite inyota idasanzwe yo kwitabira igitaramo "Unconditional Love - Season 2," umuramyi Bosco Nshuti azamurikiramo Album ya 4.

Mu gihe hasigaye amasaha macye gusa abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bose bagahurira muri Camp Kigali mu gitaramo cy’amateka Bosco Nshuti azamurikiramo album ye ya kane, abantu b’ibyamamare mu ngeri zose bakomeje kugaragaza ko banyotewe n’iki gitaramo.

Kuva Bosco Nshuti yatangaza amatariki azakoreraho igitaramo yise "Unconditional Love - Season 2" muri Camp Kigali tariki 13 Nyakanga 2025, abanyarwanda baba abatuye mu Rwanda n’ababarizwa mu mahanga by’umwihariko ab’ibyamamare mu nzego zose, bakomeje gushyira hanze amashusho agaragara ko bafite inyota yo kuzitabira iki gitaramo cyitezweho gusiga inkuru, ari na ko bashishikariza abandi kuzakitabira bagahurirayo.

Muri abo, harimo Nyampinga w’u Rwanda wa 2020 Nishimwe Naomie, umuraperi Bushali ukunzwe cyane n’urubyiruko, abakinnyi ba filime batandukanye barimo Mama Sava, Bahavu Tracy, Uwase Delphine wamenyekanye cyane nka Soleil muri filime y'uruhererekane yitwa 'Bamenya,' n'abandi bose bemeje ko bazaba bahari.

Ni mu gihe kandi abaramyi bakomeye nabo bagaragaje ko inyota bafitiye iki gitaramo. Muri abo harimo Aline Gahongayire, Aime Uwimana, Papi Clever & Dorcas, Gabby Kamanzi, Agasaro Tracy, Ben na Chance, Gentil Misigaro, Adrien Misigaro, Prosper Nkomezi, Diana Kamugisha, Serge Iyamuremye, Tonzi, Jean Christian Irimbere;

Nice Ndatabaye, Miss Dusa, Jessica Mucyowera, Muhoza Maombi, Grace Ishimwe, Gikundiro Rehema, Chryso Ndasingwa, Jado Sinza & Esther, Gisubizo Parfaite, Pretty Joy wa Gisubizo Ministries, Queen Ruziga uririmba muri Ambassadors of Christ Choir, Alicia na Germaine bari kuzamuka neza muri iki gihe, Danny Mutabazi, Bigira Elysee, Shalom Choir, Alice Big Tonny;

Siloam Choir, New Melody Choir, Kingdom of God Ministries, Korali Besalel, Shiloh Choir yitegura nayo gutaramira mu mujyi wa Kigali mu gitaramo cyabo bwite, abashumba bakomeye nka Pastor Senga Emmanuel, Prophet Titi, abanyamakuru bakomeye nka Juliet Tumusiime, Ingabire Egidie Bibio, Umugwaneza Charlotte ukinira APR WBBC, n'abandi benshi bafite amazina akomeye muri Gospel y'u Rwanda n'imyidagaduro muri rusange.

Igitaramo cya Bosco Nshuti kizaba tariki 13 Nyakanga 2025 muri Camp Kigali. Ni igitaramo azaba akoze ku nshuro ya kabiri akaba ariyo mpamvu yacyise Unconditional Love - Season 2. Yaherukaga gukora igitaramo nk’iki ku wa 30 Ukwakira 2022 muri Camp Kigali.

Iki gitaramo agiye gukora ni icy'amateka kuko yagihuje no kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi amaze mu muziki, kuko indirimbo ye ya mbere yagiye hanze mu 2015. Azaba anamurika Album ya kane yise "Ndahiriwe". Abazitabira iki gitaramo bazahimbaza Imana mu ndirimbo za Bosco Nshuti, Aime Uwimana na Ben na Chance.

Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo cyo mu Rwanda yamaze kugera hanze, akaba ari kuboneka ku rubuga rwe www.bosconshuti.com. Itike yo mu bwoko bwa Bronze iragura 5,000 Frw, iyo mu bwoko bwa Golden iragura 10,000 Frw, iyo mu bwoko bwa Silver ireagura 20,000 Frw, naho Platinum iragura 25,000 Frw. Ni mu gihe ameza [Table] y'abantu 8 igura 200,000 Frw.

Si aha gusa, kuko kuri ubu aya matike ari no kuboneka mu Mujyi wa Kigali ahakorera inyarwanda.com mu nyubako ya La Bonne Adresse, mu mujyi no ku Kisimenti kuri Samsung 250, Air Watch hafi ya Simba yo mu mujyi, Sinza Coffe ku Kinamba cya Gisozi, no kuri Camellia zitandukanye harimo iyo kwa Makuza, kuri CHIC no mu Kisimenti.

Bosco Nshuti witeguye kumurika Album ye ya kane yise "Ndahiriwe", avuga ko yayitiriye ubuzima bwe bwo kumenya Yesu, kuko kuri we ari yo soko y’amahirwe nyakuri. Ni Album igizwe n’indirimbo 10, zirimo izatangiye gusohoka n’izindi zizashyirwa hanze ku munsi w’igitaramo.

Indirimbo zimaze kujya ahabona zirimo: "Ndahiriwe", "Ndatangaye", "Jehovah", "Ni muri Yesu" n’izindi. Hari n'izindi yakoze afatanyije n’abahanzi nka Aime Uwimana, Ben & Chance, Tracy na Rene, n’abandi, zirimo n’izo azafatira amashusho mu gitaramo cye.

Yasobanuye ko yahisemo kwita igitaramo cye Unconditional Love kuko kigaragaza urukundo Imana yakunze abantu mbere y’uko bihindura, atari urukundo rushingiye ku byiza umuntu yakoze. Yagize ati “Imana yadukunze tutaraba beza, nta kiguzi twatanze. Iyo ni yo ‘Unconditional Love’, urukundo rutagira imipaka.”

Bosco Nshuti ni umuhanzi watangiye kuririmba mu makorali ya gikirisitu akiri muto. Azwi cyane mu makorali nka Silowamu ya ADEPR Kumukenke na New Melody. Yatangiye kuririmba ku giti cye mu 2015, ubu akaba afite Album eshatu ziri hanze arizo: "Ibyo Ntunze", "Umutima" ndetse na "Ni Muri Yesu".

Azwi cyane mu ndirimbo nka "Umutima", "Utuma Nishima", "Nzamuzura", "Uranyumva", "Isaha y’Imana", "Ntacyantandukanya", "Dushimire", n’izindi nyinshi.

Miss Nishimwe Naomie ari mu byamamare bitegerezanyije amatsiko menshi igitaramo cya Bosco Nshuti

Bushali arahamagarira abantu bose bizera ko Yesu azaza, kutazabura mu gitaramo cya Bosco Nshuti

Harabura amasaha macye Bosco Nshuti afatanyije na Aime Uwimana ndetse na Ben & Chance bagataramira Abanyarwanda

Utaragura itike yawe, ni aha wayisanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...