Micky yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we bitegura kurushinga – AMAFOTO +VIDEO

Imyidagaduro - 09/11/2025 9:13 PM
Share:

Umwanditsi:

Micky yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we bitegura kurushinga – AMAFOTO +VIDEO

Umukinnyi wa filime Mukobwajana Asifiwe, uzwi cyane ku izina rya Micky, yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Agiraneza Pacifique, uzwi nka Ag Promoter, mu birori byuje urukundo n’ibyishimo.

Byabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali, kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Ugushyingo 2025. Ni umuhango witabiriwe n’inshuti za hafi n’imiryango yombi, aho Micky yagaragaye yambaye ikanzu y'umukara igaragaza ubwiza bwe, mu gihe Ag Promoter yari yambaye imyenda y'umukara — byose bigaragaza itegurwa rihambaye.

Abitabiriye ibi birori bavuze ko umubano wabo wari umaze igihe cyiza cy’urukundo rugaragarira buri wese, ndetse ibyo byasohoye ubwo Ag Promoter yafashe impeta ayambika Micky mu buryo bwatunguye benshi.

Uyu mukobwa wamenyekanye cyane muri filime “Igeno” ndetse n’izindi zitandukanye, amaze igihe ashyira imbaraga mu gukomeza urugendo rwe muri sinema nyarwanda no mu bikorwa by’imyidagaduro.

Ku rundi ruhande, Ag Promoter ni umwe mu bantu bamenyekanye mu bikorwa byo gukorana n’abahanzi no kwifashisha imbuga nkoranyambaga ze mu bikorwa bye.

Micky yabwiye InyaRwanda ko yishimiye intambwe agiye guterana n’umukunzi we. Ati “Nabyishimiye! Nari mbizi ariko sinari nzi igihe bizabera. Nari nzi ko bizabera ku Gisenyi.

Ag Promoter wateye ivi we yabwiye InyaRwanda, ati “Ntababeshye, nari naramaze kubona ko uyu ari we mugore wanjye. Mu buzima busanzwe ndasenga, kandi nizera Imana. Ntabwo ari ibi gusa, hari n’ibindi bigiye kuza vuba muzabibona. Umunsi wa mbere anzanira ikiraka cy’ibihumbi 500 Frw nahise mbona ko ari we mugore wanjye […]”

Igiraneza Pacifique [Ag Promoter] yanavuze ko we n’umukunzi we bari gutegura gahunda y’ubukwe, irimo gusaba no gukwa, gusezerana imbere y’Imana, ndetse yanaciye amarenga y’uko umugore we atwite. Ati “Nabonye muzabimenya mu minsi iri imbere.”

Ibirori byitabiriwe n’abarimo Inkindi Aisha uzwi muri Cinema Nyarwanda, umukinnyi wa filime wanashoye imari muri Cinema, Niyonkuru Aimee uzwi nka Nyambo Jesca, umuraperi Khalifan Govinda uherutse gusohora indirimbo “Urwuzuye” yakoranye na Kidum, ‘Buringuni’ wo mu itsinda rya ‘Burikantu na Buringuni’, Bahati Makaca wamenyekanye mu itsinda rya Just Family, Muyoboke Alex, Kalisa John (K John), Rukundo Patrick (Patycope), Niyonshuti Yannick uzwi nka ‘Killaman’ n’abandi.

Ibi birori byasize benshi baryohewe n’uburyo bwateguwe mu mutuzo no mu rukundo rwinshi, byongera kwandika izina rya Micky mu bantu bamenyekanye mu myidagaduro nyarwanda batangiye urugendo rushya rw’ubuzima bw’urukundo. 

Ag Promoter yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Micky mu gihe bitegura kurushinga 

Micky yatunguwe n’umukunzi we mu birori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 9 Ugushyingo 2025


Micky na Igiraneza Pacifique bamaze igihe mu munyenga w’urukundo ugejeje ku kwiyemeza kubana nk’umugore n’umugabo

Ag na Micky baciye amarenga y'uko bari kwitegura kwibaruka imfura yabo

Ag na Micky bavuze ko mu mezi ari imbere bazakorana ubukwe

KANDA HANO UREBE UBWO AG PROMOTER YAMBIKAGA IMPETA UMUKUNZI WE MICKY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...