Iyi ndirimbo yanditswe na Aimable
Byiringiro, umwe mu baririmbyi b’itsinda, nyuma y’uko yahawe ubutumwa n’Imana
bwo guhumuriza abantu bari mu bihe bikomeye.
Umuyobozi wa Maranatha Family Choir, Selemani
Munyazikwiye yabwiye InyaRwanda, ko iyi ndirimbo ifite intego ikomeye mu gihe
abantu benshi bahanganye n’ibihe bikomeye.
Indirimbo “Irasubiza” yakozwe mu buryo
bw’amajwi na Marc Kibamba, amashusho yayo ayoborwa na Gad. Ifite umwihariko mu
butumwa no mu buhanga yakozwemo, kuko yakozwe mu gihe kirekire ariko ifite
ireme n’ubukure mu mitunganyirize.
Mu myaka ine ishize, Maranatha Family
Choir yakoze impinduka zifatika mu mikorere: uko bafata amajwi n’amashusho,
uburyo butegurwamo ibitaramo ndetse n’imiyoborere mishya. Bemeza ko bafite
intego yo gutunganya umurimo w’Imana mu buryo buhamye.
Selemani Munyazikwiye yavuze ko mu bikorwa
biri imbere, iri tsinda rifite gahunda yo gusohora Album nshya y’amajwi, ndetse
no gutegura igitaramo gikomeye kizaba mu 2026. Mbere yaho, bazakomeza gusohora
indirimbo ku giti cyazo harimo n’izizaba zakoranywe n’abandi bahanzi baramya.
Yanavuze ko bongeye gutangira kuririmbira
mu nsengero no mu bindi bikorwa byo kuramya, hagamijwe gukomeza kwegera abantu
no gusakaza ubutumwa bwiza.
Indirimbo “Irasubiza” iboneka ku mbuga
nkoranyambaga zicururizwaho umuziki, kandi Maranatha Family Choir isaba abantu
kuyisangiza abandi kugira ngo ubutumwa bwayo bugere kure, nk’uko Imana
ibishaka.
Maranatha Family Choir yo mu Itorero ry’Abadivantisite
yasohoye amashusho y’indirimbo bise ‘Irasubiza’
Maranatha Family Choir yavuze ko iri
gutegura indirimbo zizaba zigize Album yabo ya mbere
Maranatha yavuze ko mu 2026 izakora
ibitaramo bikomeye bigamije kongera guhura n’abafana babo
Maranatha Family Choir basobanura ko
ikorwa ry’iyi ndirimbo rijyanye no gushikariza abantu gushaka Imana
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO
‘IRASUBIZA’ YA MARANATHA FAMILY CHOIR