Maranatha Family Choir yakoze mu nganzo mu ndirimbo 'Ubunini' yagizweho uruhare na Ishimwe Clement -VIDEO

Imyidagaduro - 19/03/2026 7:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Maranatha Family Choir yakoze mu nganzo mu ndirimbo 'Ubunini' yagizweho uruhare na Ishimwe Clement -VIDEO

Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje kwagura ibikorwa byaryo mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ryashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya bise “Ubunini”, igamije guhumuriza no gukomeza abantu bahura n’ibibazo bitandukanye mu buzima.

Iyi ndirimbo igaruka ku buzima abantu benshi babamo bwa buri munsi, aho hari abagaragara nk’abishimye nyamara imbere mu mitima yabo huzuye intimba n’ibigeragezo.

Maranatha Family Choir ivuga ko “Ubunini” ari ubutumwa bwibutsa ko nubwo ibibazo byaba bisa n’ibikomeye, Imana yo ihora ibirusha ububasha kandi ikaba iri hafi y’abayiringira.

Perezida w’iri tsinda, Selemani Munyazikwiye yabwiye InyaRwanda, ko igitekerezo cy’iyi ndirimbo gishingiye ku kwizera guhindura uko umuntu areba ubuzima.

Aho kwibanda ku buremere bw’ibimugeraho, ahitamo gushyira umutima ku bushobozi n’ubuhangange by’Imana, bikamuhesha amahoro n’imbaraga zo gukomeza urugendo.

“Ubunini” si indirimbo nshya mu iyandikwa, kuko yanditswe mu myaka yashize na Clement Ishimwe wari mu bagize iri tsinda. Nubwo yari imaze igihe, bavuga ko bayigerageje mu buryo butandukanye ariko ntibanyurwe n’umusaruro, bituma bayisubiramo kugeza ubwo bayishyiriye hanze mu buryo bugezweho.

Mu kuyitunganya, Bolingo Paccy ni we wakoze amajwi, mu gihe Mickal Uwihirwe yagaragaye mu bayiririmbyemo, akanayandikaho. Amashusho yayo yakozwe na Vista, bayishyiramo ubuhanga bugamije gufasha ubutumwa bwayo kugera ku mitima ya benshi.

Iri tsinda rivuga ko umwaka wa 2025 wababereye uw’umugisha n’amasomo atandukanye, aho bagize amahirwe yo gukorera ahantu henshi no gukorana n’abantu babafashije gutera imbere.

Nubwo byari ibihe byiza, ntibabura no kwibuka ibihe by’amarira birimo kubura umwe mu baririmbyi babo, ndetse n’ibyishimo byo kwakira ubuzima bushya mu miryango yabo.

Ku bijyanye n’umwaka wa 2026, Maranatha Family Choir ifite intego yo kurushaho gusakaza ibikorwa byayo, igamije kugeza ubutumwa bwiza ku bantu benshi kurushaho, haba mu Rwanda no hanze yarwo.

Basaba abakunzi babo gukomeza kubashyigikira no gufatanya na bo muri uru rugendo, basangiza abandi ibihangano byabo kugira ngo ubutumwa bwiza bugere kure hashoboka hose.

Maranatha Family Choir ni itsinda ry’abaramyi rimaze kubaka izina mu muziki wa Gospel, rikaba rifite intego yo kwamamaza ubwiza bw’Imana no gufasha abantu kubaho bafite ibyiringiro n’umunezero.

Bamaze kumenyekana mu ndirimbo zirimo “Nzajya nkusingiza Yesu”, “Tuma umuntu aseka”, “Nyigisha” bakoranye na Butera Knowless ndetse na “Narahindutse” bakoranye na Nel Ngabo n’izindi zitandukanye.

Maranatha Family Choir yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Ubunini”, igaruka ku ntambara z’imbere mu mitima abantu banyuramo mu ibanga, ikanashimangira ko Imana iba iri kumwe na bo muri ibyo bihe

 

Nyuma y’imyaka myinshi iyi ndirimbo yarahimbwe, Maranatha Family Choir yongeye kuyitunganya mu buryo bushya, iyishyira hanze yitwa “Ubunini” ifite ubutumwa bwo kureba ku gukomera kw’Imana kuruta ibibazo

Mu migambi ya 2026, Maranatha Family Choir irifuza kwagura ibikorwa byayo no gusakaza ubutumwa bwiza ku bantu benshi kurushaho binyuze mu ndirimbo n’ibikorwa byo kuramya, nk'uko bitangazwa na Selemani, Perezida w'iyi korali

 

Indirimbo “Ubunini” ije ikurikira izindi zakunzwe zirimo “Nyigisha” bakoranye na Butera Knowless na “Narahindutse” bakoranye na Nel Ngabo, zakomeje kubamenyekanisha

Umulisa Joy, umwe mu baririmbyi ba Maranatha Family Choir yasohoye amashusho y'indirimbo bise 'Ubunini'

Iryayo Delphone, umuririmbyi uri mu bagize uruhare mu iyi ndirimbo yabo nshya yibutsa ko Imana iruta byose

Manzi Robert, asanzwe ari umutoza w'indirimbo muri iyi korali, ndetse ni umwe mu baririmbye muri iyi ndirimbo 'Ubunini'

Irakoze Divine, umuririmbyi wa Maranatha Family Choir

Niyogakiza Brupo, umuririmbyi wa Maranatha Family Choir

Ishimwe Ariane Habimana uri mu baririmbyi b'ibanze muri Maranatha Family Choir


“Ubunini” ishimangira ko umunezero w’umuntu utava ku kuba nta bibazo afite, ahubwo ushingiye ku kwizera Imana ifite ububasha burenze byose


Uwihirwe Mickal, usanzwe ari Umuyobozi Wungirije wa Korali Maranatha wanagize uruhare mu iyandikwa ry'iyi ndirimbo

Editor Guy na Azar Mucyo, bagize uruhare mu ikorwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo 'Ubunini' ya Maranatha Family Choir

Ahishakiye Denise, umuririmbyi wa Maranatha Family Choir yasohoye amashusho y'indirimbo 'Ubunini'

Ishimwe Clement washinze Kina Music, ari mu bagize uruhare mu iyandikwa ry'iyi ndirimbo 'Ubunini'

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘UBUNINI’ YA MARANATHA FAMILY CHOIR



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...