Mani Martin, Bill Ruzima na Patrick Nyamitari bataramiye abitabiriye ibirori Tonzi yamurikiye igitabo –AMAFOTO+ VIDEO

Imyidagaduro - 15/08/2025 5:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Mani Martin, Bill Ruzima na Patrick Nyamitari bataramiye abitabiriye ibirori Tonzi yamurikiye igitabo –AMAFOTO+ VIDEO

Abahanzi bakomeye muri iki gihe, Mani Martin, Bill Ruzima ndetse na Patrick Nyamitari bafashije Uwitonze Clementine wamamaye nka Tonzi kuririmba zimwe mu ndirimbo zinyuranye, ubwo yamurikaga ku mugaragaro igitabo cye cya mbere yise “An Open Jail: When the World Crucifies You” – Igihome gifunguye: Iyo isi ikumanika ku musaraba.”

Byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 14 Kanama 2025 muri Crown Conference i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali. Ni igitabo cyagiye ku isoko kigura ibihumbi 30 Frw, ndetse yacyanditse mu gihe cy’imyaka 13, byatumye kigeza kuri Paji 174.

Mu bandi bamushyigikiye mu kumurika iki gitabo harimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Ngabo Barave, umuhanzikazi wagwije ibigwi mu muziki w’u Rwanda, Mariya Yohana, Tidjara Kabendera, abaramyi nka Gaby Kamanzi;

Alex Dusabe, Bosco Nshuti uherutse gukora igitaramo “Unconditional Love Season II’, umukinnyi wa filime Mugisha Emmanuel wamenye nka Clapton Kibonge, Davis D, umwanditsi akaba n’umushakashatsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, umunyamideli Kabano Franco, Olivier The Legend, umuraperi MD, Dj Spin, n’abandi.

Mu kumurika iki gitabo Tonzi, yifashishije abashyushyarugamba Ntazinda Marcel na Michellle Iradukunda, bombi bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru. Ibi birori kandi byitabiriwe n’abo mu muryango we, inshuti ze, abanyamakuru bakoranye mu bihe bitandukanye, abayobozi mu nzego zinyuranye, aba- Depite n’abandi.

Mbere yo kumurika igitabo cye, Tonzi yabanje kuririmbana n’aba bahanzi indirimbo zinyuranye cyane cyane izamamaye nka ‘Munda y’Isi’ ya Bill Ruzima, ‘Azaza kugufasha’, ‘Munsabire’, ‘Urukundo’, ‘Iwacu’, ‘Murumve Twana Twanjye’ ya Rugamba Sipiriyani, ‘Urukumbuzi’ ya Mani Martin n’izindi.

Baririmbye mu bice bibiri, baririmbye mbere y’uko Tonzi amurika igitabo, banaririmba nyuma y’uko amurika igitabo. Ubwo yasozaga ibi birori, Tonzi yavuze ko afite ku mutima aba bahanzi kuko bagendanye n’abo urugendo rwo gutegura no gushyira mu bikorwa ibi birori. Ati “Kuva kuri Mani Martin kugera kuri Patrick Nyamitwari mwumve ko mbashimiye.”

Yashimye kandi Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’ubuhanzi, umuryango we wamushyigikiye mu gutegura no gushyira mu bikorwa umushinga w’iki gitaramo, abanyamakuru bakoranye igihe kinini, umuhanzikazi Ciney, abo bigannye mu bihe bitandukanye n’abandi. Ati “Mwese mwumve ko mbashimiye."

Tonzi atambutsa ubutumwa bwuje amarangamutima ubwo yamurikaga igitabo cye cya mbere ‘An Open Jail’ mu ijoro ry’imbonekarimwe 

Mani Martin asusurutsa abitabiriye n’indirimbo ‘Urukumbuzi’ yuzuyemo amagambo y’ihumure n’urukundo


Bill Ruzima mu mwuka w’imbonekarimwe aririmba ‘Munda y’Isi’, indirimbo yabaye umusemburo w’ubusabane muri ibi birori 


Patrick Nyamitari yinjije abitabiriye mu butumwa bw’ubutwari n’ihumure mu majwi ye akunzwe n’abatari bake 


Tonzi hamwe n’inshuti ze z’abahanzi bafatanyije kuririmba no gutanga ubutumwa bw’urukundo n’ubumwe 


Umwamikazi w’umuziki nyarwanda, Mariya Yohana, ari mu bashyigikiye Tonzi mu rugendo rwe rushya rwo kwandika ibitabo


Gaby Kamanzi yitabiriye kumushyigikira, yerekana ko ubufatanye mu bahanzi buzakomeza gutanga imbaraga



MANI MARTIN, BILL RUZIMA,  PATRICK NYAMITARI NA TONZI BARIRIMBANYE INDIRIMBO 'MURUMVE TWANA TWANJYE'

KANDA HANO UREBE UKO ABA BAHANZI BOMBI BARIRIMBYE MU GICE CYA MBERE CY'IKI GITARAMO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...