Leta ya Tanzania yahagurukiye umwiryane hagati ya Harmonize na Ibraah

Imyidagaduro - 12/05/2025 7:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Leta ya Tanzania yahagurukiye umwiryane hagati ya Harmonize na Ibraah

Label yitwa Konde Music Worldwide iyoborwa n’umuhanzi Harmonize, yafashe icyemezo gikomeye cyo guhagarika umuhanzi wayo wa mbere Ibraah, izina rye ry’ukuri akaba ari Ibrahim Abdallah Nampunga, kubera imyitwarire avugwaho yo kutubaha nyiri label.

Iri hagarikwa ryatangiye gukurikizwa guhera muri iki cyumweru, aho Ibraah atemerewe gukora cyangwa kwitabira igikorwa icyo ari cyo cyose kijyanye n’umuziki. Yategetswe kandi kudatanga itangazo na rimwe cyangwa igitekerezo ku mbuga nkoranyambaga kirebana n’iki kibazo.

Mu itangazo Konde Gang yasohoye, ryibutsa ko “umuhanzi utemera amabwiriza y’amasezerano ndetse akanagirira nabi isura ya label cyangwa umuyobozi wayo, Harmonize, agomba gufatirwa ingamba zihamye.”

Iri hagarikwa ryateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, bituma Inama y’Igihugu ishinzwe guteza imbere Ubugeni n’Umuco muri Tanzania (BASATA) yinjira muri iki kibazo. Yahamagaje Harmonize na Ibraah mu nama yo kuri uyu wa Mbere, tariki 12 Gicurasi 2025, aho biteganyijwe ko bazaganira ku gushaka umuti urambye.

BASATA ntiyigeze itangaza ibyo izibandaho muri iyi nama, ariko amakuru avuga ko izibanda ku gushaka umuti w’amahoro no kubungabunga inyungu rusange z’inganda z’imyidagaduro muri Tanzania.

Umubano wigeze kuba mwiza urimo kuzamba

Ibraah yinjiye muri Konde Gang Music Worldwide muri Mata 2020 nk’umuhanzi wa mbere Harmonize yatangaje ko agiye gufasha nyuma yo kuva muri WCB Wasafi. Uyu mubano wabo watangiye neza, ndetse Harmonize ubwe yagiye amwamamaza cyane.

Mu 2022, Ibraah yari yagaragaje ko yishimiye label ariko atangaza ko nihatagira impinduka mu by’amasezerano yahitamo kugenda. Mu 2023, yasohoye indirimbo yise Hapa nyuma y’igihe kinini acecetse, agaragaza ko yari ahanganye n’ibibazo bikomeye.

Nubwo Harmonize yamwamamaje kuri Instagram ye, umubano wabo ntiwigeze usubira mu buryo, bigera aho Ibraah afatirwa ibihano bikomeye.

Ibizava mu nama ya BASATA bishobora kugira ingaruka ku mikorere ya Konde Gang Music Worldwide ndetse n’ahazaza ha Ibraah nk’umuhanzi. 

 Guverninoma ya Tanzania ibinyujije muri ‘Basata’ yahagurukiye amakimbirane hagati ya Harmonize na Ibraah

KANDA HANO UREBE IMWE MU NDIRIMBO IBRAAH YAKOZE ARI MURI LABEL YA HARMONIZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...