Laser Beat na Rwabugiri Z’bra bahuriye ku mushinga wa Mixtape -VIDEO

Imyidagaduro - 14/08/2025 4:12 PM
Share:

Umwanditsi:

Laser Beat na Rwabugiri Z’bra bahuriye ku mushinga wa Mixtape -VIDEO

Umuhanzi akaba na Producer nyarwanda, Laser Beat, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Intere’ yakoranye na Rwabugiri Z’bra, nk’ishusho y’itangira ry’umushinga wa Mixtape bombi bari gukorana.

Uyu mushinga witezweho kuzana umwuka mushya mu njyana ya Hip-Hop nyarwanda, binyuze mu bihangano bifite ubutumwa n’ubuhanga butandukanye. Laser Beat yabwiye InyaRwanda ko we na Rwabugiri bari bamaze igihe bifuza gukorana, ariko igihe nticyaba mu ruhande rwabo.

Nyuma yo guhuza binyuze mu nshuti ze, zirimo abo biganye mu mashuri yisumbuye, yahise amenya neza ubushobozi bwa Rwabugiri.

Ati “Impano ye ntabwo isanzwe kandi ikwiye gushyigikirwa. Nahise mbona ko dukwiye gukorana Mixtape kugira ngo dutange ibyishimo ku bakunzi b’umuziki nyarwanda, by’umwihariko abakunzi ba Hip-Hop,”

‘Intere’ nk’intangiriroMixtape yabo yatangiye gusohoka binyuze ku ndirimbo Intere, aho amajwi n’amashusho yayo byakozwe na Laser Beat muri The Beam Beat Records i Nyamirambo.

Ubu buryo bwo gutangira n’indirimbo imwe ni nk’igipimo cy’uko imishinga yabo izaba ihagaze, kuko iyi ndirimbo yagaragaje imbaraga mu miririmbire ya Rwabugiri no mu musaruro wa Laser Beat nk’uwakoze ku bijyanye n’amajwi.

Uretse uyu mushinga wa Mixtape, Laser Beat ari no mu myiteguro ya album ye ya mbere, amaze igihe ayitegura. Avuga ko vuba azatangaza itariki izasohokeraho.

Yavuze ko ari indirimbo yakoze kera ariko zitigeze zisohoka kubera impamvu zitandukanye, zirimo iz’abahanzi batabashije kuzigeza hanze cyangwa izasigaye muri studio icyo gihe, ari nayo mpamvu muri iyi minsi ari gusohora indirimbo nyinshi.

Ati “Hari indirimbo nyinshi zakozwe kera ariko zitarasohoka. Tumaze gushyira hanze hafi 300, harimo izo nakoreye muri Hope Street, Switch Entertainment na Umoja Records. Hari izo nakoranye na Jay P, umwarimu wanyongereye ubumenyi cyane icyo gihe.”

Laser Beat akorera muri The Beam Beat Records i Nyamirambo, ahakorera indirimbo ze no gutunganya iza bagenzi be.

Akomeza avuga ko umuryango we, abahanzi, itangazamakuru n’abakunzi b’umuziki bamubereye inkunga ikomeye mu rugendo rwe rw’imyaka myinshi amaze muri ‘Music Production’.

Uyu musore yasabye abafana gukomeza “kunshyigikira kuko ubu nibwo nshyizemo imbaraga cyane’. Ati “Nifuza gutanga ibyishimo ku bakunzi b’umuziki nyarwanda. Vuba ndatangira gushyira hanze indirimbo zigize album yanjye ya mbere ndetse n’izindi zakoranye n’abahanzi bo mu Rwanda no hanze.”

Uyu mushinga wa Mixtape na Rwabugiri Z’bra ushobora kuba ari intangiriro y’urwego rushya mu rugendo rwa Laser Beat, aho ashyira imbaraga mu bihangano bihuriweho, bigaragaza ubufatanye n’iterambere ry’injyana ya Hip-Hop nyarwanda.


Laser Beat na Rwabugiri Z’bra, abahanzi bari gukorana Mixtape nshya, batangiye kuyimenyekanisha binyuze ku ndirimbo “Intere”


Laser Beat, umuhanzi akaba na producer, ari mu myiteguro ya Album ye ya mbere  


Umuraperi Rwabugiri Z’bra ugaragazwa nk’ufite impano idasanzwe, atanga umusanzu we mu guha isura nshya Hip-Hop nyarwanda

KAND HANO UREBE INDIRIMBO ‘INTERE’ YA LASER BEAT NA RWABUGIRI Z’BRA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...